Uganda: Impanuka Yahitanye Babiri Abandi 11 Barakomereka

Umwanditsi wa Taarifa
3 Min Read
Iyi mpanuka yahitanye babiri abandi 11 barakomereka bikomeye.Ifoto@ Chimpreports

Impanuka yabereye ku muhanda Kampala–Hoima muri Uganda ihitana abantu babiri, abandi 11 barakomereka nyuma y’uko ikamyo ya Sino Truck yari itwaye amabuye itaye umuhanda ikagonga izindi modoka.

Polisi yavuze ko impanuka yabaye ahagana saa saba n’iminota 33 z’amanywa ku masaha yo muri iki gihugu, ikaba yaravuye ku igongana  ry’imodoka enye zirimo ikamyo ya Sino Truck yari ipakiye amabuye, taxi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace, Subaru Forester na Toyota Wish.

Umuvugizi wa Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Kananura Michael, yemeje ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko ikamyo ya Sino Truck yabuze feri igonga izindi modoka.

Mu butumwa yanyujije kuri X yagize ati: “Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko ikamyo ya Sino Truck yari itwaye amabuye ivuye Kakiri yerekeza i Kampala yananiwe kuringaniza umuvuduko ubwo yari igeze i Nkoowe, igonga izindi modoka eshatu, harimo taxi yari ihagaze itegereje abagenzi.”

Raporo itangwa na polisi igaragaza ko abantu babiri bapfuye barimo uwari utwaye iyi taxi, wapfuye impanuka ikiba mu gihe abagenzi icyenda, barimo abantu bakuru batanu n’abana bane, bakomeretse bajyanwa ku bitaro biri hafi aho .

Iyi mpanuka yongeye gutuma hibazwa ku mutekano w’amakamyo ya Sino Truck, nyuma y’uko mu gihe cyahise, amwe muri yo yagaragayeho uruhera mu gukora cyangwa guteza impanuka zirimo n’izikomeye zabaye mu bice byinshi bya Uganda.

Guverinoma ya Uganda iherutse gutangaza gahunda yo kugenzura amakamyo yose ya Sino Truck akorera mu gace ka Greater Kampala, kagizwe na Kampala, Wakiso, Mukono ndetse n’ibice bya Mpigi na Kayunga.

Nkuko amakuru dukesha ikinyamakuru Chimp Report abyemeza, ngo  iri genzura riteganyijwe kuzamara iminsi 60 ndetse ngo amakamyo azasangwa atubahirije ibisabwa ashobora gufatirwa.

Polisi y’iki gihugu kandi nayo yatangaje ko mu modoka zitwara abagenzi zikorera muri Kampala izirenga 75% zifite ibibazo bya tekiniki bikomeye birimo feri zidakora neza, amatara ataka, amapine ashaje, inzugi zapfuye, izidafite pulake n’ibindi.

Ibi bibazo bya tekiniki byiyongera ku mihanda myinshi ishaje iri hirya no hino n’umuvuduko myinshi abashoferi batwarana ibinyabiziga, ibi bigashyira benshi mu kaga ko gukora impanuka zikomeye.

Nk’ubu, imibare ya nyuma yuzuye ya 2025, yatangajwe na Uganda Police muri Werurwe 2026, ivuga ko mu mwaka wa 2025, muri Uganda hose habaye impanuka 26,044.

Muri zo harimo izahitanye abantu 5,383 — ni ukuvuga hafi 15 buri munsi ugereranyije.

Monitor yanditse ko uyu mubare wiyongereye uva kuri 5,144 muri 2024 ugera kuri 5,383 muri 2025.

Nk’uko bimeze no mu Rwanda, ahanini impanuka zikorwa cyangwa zigakorerwa abamotari kuko nko muri Uganda, mu mwaka wa 2025, abamotari bapfuye bageraga kuri 2,525, mu gihe abanyamaguru bapfuye ari 1,776.

Jimmy GATETE(Umunyeshuri wimenyereza umwuga)

TAARIFA.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *