Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Byagenze Ngo Gen Katumba Wamala Arokoke Amasasu 56 Imodoka Ye Yarashweho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Uko Byagenze Ngo Gen Katumba Wamala Arokoke Amasasu 56 Imodoka Ye Yarashweho

admin
Last updated: 03 June 2021 11:59 am
admin
Share
SHARE

Amakuru yashyizwe hanze n’abarimo gukora iperereza ku iraswa rya Minisitiri w’Ibikorwa remezo muri Uganda Gen Katumba Wamala, ni uko imodoka ye yarashweho amasasu 56, kubw’amahirwe akarokoka.

Ni igitero cyagabwe ku wa Kabiri mu gitondo n’abantu bari kuri moto, bahitanye umukobwa we Brenda Nantongo wari muri Uganda avuye kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, n’umushoferi we Haruna Kayondo.

Daily Monitor yanditse ko ababonye buriya bwicanyi bavuze ko kurasana byamaze nk’iminota itanu, abarasaga kuri iyo modoka bahita bakomeza urugendo na moto zabo.

Gen Wamala wahoze ari umugaba w’Ingabo za Uganda yari mu nzira agiye ku kiliyo cya nyirabukwe, ahitwa Najjanankumbi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umukobwa yabaye igitambo

Polisi yavuze ko ibimenyetso bigaragaza ko ari ubwicanyi bwari bwateguwe, kuko abicanyi bagenze runono imodoka ya Gen Katumba Wamala kuva aturutse mu rugo, barinda bagera ahantu hitaruye, muri kilometero enye uvuye ku muhanda munini Kisota –Kulambiro.

Mbere ya kiriya gitero, hari abatanze ubuhamya ko hari umuntu wari kuri moto wabanje kurunguruka mu modoka ya Gen Katumba, ku buryo bishoboka ko yahise acira isiri abicanyi ko ari mu modoka. Birashoboka ko atabahaye amakuru yuzuye ku mwanya yicayemo.

Abicanye bane bari kuri moto ebyiri nini bahise baza, imwe inyura ku modoka ya Gen Wamala igera imbere nko muri metero 50, uwicaye inyuma arahindukira arasa kuri ya modoka ya gisirikare amasasu menshi.

Yahereye ku ipine ubundi arasa umushoferi, akurikizaho kurasa cyane ku mwanya w’ibumoso inyuma y’umushoferi, aho byakekwaga ko uyu musirikare mukuru akunda kwicara.

- Advertisement -

Kuri iyi nshuro ntabwo Katumba yari yicaye mu mwanya we, ahubwo yari yaguranye n’umukobwa we Brenda Nantongo w’imyaka 26.

Byatumye aba igitambo cya se kuko amasasu yose bibwiraga ko barimo kurasa jenerali afata uyu mukobwa, ahita apfa.

Mu kugenzura amasasu mu iperereza, byagaragaye ko muri yayandi asaga 50 hari imyenge umunani y’amasasu yaturutse inyuma y’imodoka, n’andi 16 yinjiriye ku ruhande umukobwa wa Katumba yari yicayeho.

Maj Abdul Mutyaba ushinzwe umutekano wa Katumba, yavuze ko baturutse mu rugo bari kumugenda inyuma bafite imodoka ya gisirikare yarimo n’amapine mashya, ariko bageze mu nzira bo baca indi nzira, mu kanya gato bumva ko yatezwe igico.

Ntabwo biramenyekana impamvu banyuze inzira itandukanye n’iy’uwo bashinzwe kurinda, kugeza ubwo abantu bari bamuhitanye.

Umusirikare wari kumwe na Wamala mu modoka, Sgt Khalid Koboyoi – wabashije kurokoka atanakomeretse – yahise amwihutishiriza kwa muganga kuri moto, ashyirwa mu bitaro.

Wamala yanditse kuri twitter ati “Ibikomere nagize ntabwo bikomeye. Bambaze mu ijoro ryakeye, ndetse rimwe mu masasu narashwe barivanyemo. Gusa bitewe n’uburyo irindi sasu ryagize ingaruka ku mitsi, ntabwo barivanyemo, abaganga baraza kungira inama ku kigomba gukurikira.”

Hari amakuru ko ubwo imodoka yatangiraga kuraswa, Koboyoit yahise afungura urugi rw’imbere aho yari yicaye iruhande rw’umushoferi, aryama mu modoka hasi, abagabye igitero bamwitiranya n’aho yapfuye.

Yaje kweguka arasa mu kirere abakanga, aza no kurasa umwe mu mugongo ku buryo abakurikiye umuhanda bagiye babona ahantu amaraso yagiye atakara.

Ubwicanyi nk’ubu buheruka mu 2018 ubwo abicanyi bahitanaga Depite Ibrahim Abiriga na komanda wa Polisi mu Karere ka Buyende, Muhammed Kirumira.

Yaba kuri ubwo bwicanyi cyangwa ubw’ikindi gitero cyahitanye Andrew Felix Kaweesi wari umuvugizi wa Polisi ya Uganda, nta n’umwe mu bagikigizemo uruhare urafatwa.

 

 

TAGGED:Andrew Felix KaweesifeaturedGen Katumba WamalaIbrahim AbirigaMuhammed KirumiraUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Malawi Igiye Kohereza Ba Ofisiye Mu Ishuri Rikuru Rya Polisi Y’u Rwanda
Next Article Cassien Ntamuhanga Agiye Gushyikirizwa U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?