Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Nakuraga Niko Nabonaga Ko Hari Byinshi Byo Gukora- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Uko Nakuraga Niko Nabonaga Ko Hari Byinshi Byo Gukora- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 November 2024 4:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame avuga ko uko imyaka ishira ari ko abona ko hari byinshi byo gukora
SHARE

Perezida Kagame avuga ko ubwo yari afite imyaka 40 yatekerezaga ko nagira nka 50 azaba yarakoze byinshi bihagije ku buryo yaruhuka. Ariko yaje gusanga ahubwo ari bwo yari afite ibyo gukora kurushaho.

Kagame yabibwiye abakora mu Biro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere mpuzamahanga, UNDP, bari baje gutaha inzu yiswe Timbuktoo Health Tech Hub.

Avuga ko uko imyaka ye yiyongeraga ari ko yasangaga ibyo gukora bikiri byinshi none arakabakaba imyaka 70.

Ati: “Ku myaka 70[ aseka] ndatekereza ko hazaba hakiri akandi kazi ko gukora”.

Avuga kandi ko niyo yajya mu kiruhuko cy’izabukuru, azakomeza gukora ndetse azibanda k’ukugira inama urubyiruko ku myitwarire iboneye.

Yibukije abamwumvaga ko burya iyo umuntu akiri muto, aba yumva yasimbuka mu ndege nta mutaka kuko aba yumva yashobora ibintu byose.

Nawe avuga ko akiri muto yiyumvaga atyo ariko ko muri rusange iyo umuntu akuze, asigaho, akamenya kwitondera ibiriho.

Ashima abagize igitekerezo cyo gushinga ikigo Timbuktoo Health Tech Hub, akavuga ko ibyari igitekerezo ubu byabaye impamo, igisigaye kikaba gukomeza guhuza ibitekerezo by’udushya twazagikorerwamo.

Kagame kandi asaba urubyiruko rw’Afurika muri rusange n’urw’u Rwanda by’umwihariko kuba imbarutso y’iterambere rikenewe.

Arusaba gukomeza kuba intangarugero mu bikorerwa mu bihugu rukomokamo, rukaba imbarutso ikenewe mu iterambere nyaryo.

Yababwiye ko ibyo kuvuga ko iki kinyejana ari icya Afurika bikwiye kugendana n’ibikorwa, aho kugira ngo ikinyejana kijye kiza gihite, ikindi kize gihite gutyo gutyo…

Timbuktoo HealthTech Hub ni umwe mu mishinga ya UNDP izafasha urubyiruko rw’Afurika kubona aho rucurira ibitekerezo bibyara imari, bikaruteza imbere kuko ari ryo rugize umubare munini w’abatuye Afurika.

TAGGED:AfurikafeaturedImyakaKagameUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abamotari Biyemeje Kudahumanya Ikirere
Next Article Rwanda: Hashyizweho ‘Sites’ Zo Kwita Ku Bazagirwaho Ingaruka N’Ibiza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?