Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubyeyi W’I Kamonyi Yapfiriye Ku Nzira Ajya Kubyara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Umubyeyi W’I Kamonyi Yapfiriye Ku Nzira Ajya Kubyara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2024 3:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kamashashi, Akagari ka Mpushi mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi harivugwa umugore witwa Nagahozo Devotha w’imyaka 35 wapfiriye ku nzira ajya kubyarira kwa muganga.

Uyu mubyeyi yafashwe n’inda bitunguranye ku wa Gatanu taliki 26, Mutarama, 2024, yiyambaza umuturanyi ngo amugeze kwa muganga bageze mu nzira uwo mugore arava cyane arapfa.

Yari afite imyaka 35 y’amavuko nk’uko bagenzi bacu ba UMUSEKE babyemeza.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvère avuga ko iyo nkuru mbi bayimenye bikirangiza kuba.

Uyu muyobozi avuga ko uriya mugore yavuye iwe inda yamufashe.

Abari bamuherekeje bakoze uko bashoboye ngo bashakishe uko yagezwa kwa muganga, muri uko gushakisha uko ahagera nibwo yavuye arapfa.

Ibi byago byabereye ahantu hari urutoki.

Dr Nahayo ati: “Yaba uyu mubyeyi ndetse n’umwana yari atwite bose nta numwe wagize amahirwe yo kubaho.”

Meya Nahayo avuga ko bohereje imodoka ijyana uwo mubyeyi mu Bitaro by’iKabgayi kugira ngo bawushyire mu buruhukiro.

Yihanganishije umuryango w’uyu mubyeyi, asaba ababyeyi ndetse n’abaturage muri rusange ko bajya bakora ibishoboka bagashishikariza ababyeyi batwite kujya kwa muganga mu gihe babonye ko bari hafi kubyara aho gutegereza kujyayo ku munota wa nyuma.

Nyakwigendera asize umwana umwe kandi ngo yari yarabwiye bagenzi  be ko abaganga bamusuzumye bamubwira ko azabyara taliki 09, Gashyantare, 2024 none yishwe n’inda mu mataliki ya nyuma ya Mutarama, uwo mwaka.

TAGGED:featuredIndaKamonyiKubyaraMeyaUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bantu 16 Bishwe N’Impanuka Y’Ubwato Muri Mugesera Babiri Ni Impinja
Next Article U Rwanda Rwagiranye Amasezerano N’Ikigo Cy’Abongereza Gitunganya Amabuye Y’Agaciro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?