Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba Mukuru W’Ingabo Z’u Rwanda Yasuye Uw’Iza Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umugaba Mukuru W’Ingabo Z’u Rwanda Yasuye Uw’Iza Uganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 May 2024 3:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

General Mubarakh Muganga uyobora ingabo z’u Rwanda yagiye muri Uganda kuganira na mugenzi we uyobora iza Uganda General Muhoozi Kainerugaba ku ngingo zirebana n’imikorere ya gisirikare ku mpande zombi.

Muganga ahuye na Kainerugaba hashize igihe gito umugaba w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka Major General Vincent Nyakarundi nawe agiye muri Uganda aganira na Muhoozi hari taliki 17, Mata, 2024.

Mu minsi ishize kandi Muhoozi bivugwa ko yagiye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo aganira na Gen Kiwewe icyo gihe hari taliki 05, Gicurasi, 2024, igihugu ingabo z’igihugu cye zimazemo imyaka myinshi mucyo bise Operation Suuja kiyobowa na General Muhanga, akaba umuvandimwe wa Andrew Mwenda.

Nta makuru aratangazwa ku byo General Muganga yaganiriye na mugenzi we Kainerugaba ariko birashoboka cyane ko bagarutse ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, igihugu gikunze gushinja u Rwanda na Uganda kuba ku ruhande rwa M23, uyu ukaba ari umutwe umaze igihe warazengereje ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Mu baherekeje Gen Mubarakh Muganga harimo Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga, Col François Regis Gatarayiha ushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu ngabo z’u Rwanda n’abandi.

Ku ruhande rwa Uganda, uretse Gen Muhoozi hari na Brig Gen James Birungi ushinzwe ubutasi bwa gisirikare na Major General Muhanga Kayanja uyobora Suuja Operation ikorwa n’ingabo za Uganda muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abakurikiranira hafi ibibera muri aka karere bavuga ko Gen Muhoozi Kainerugaba ari gukora ububanyi n’amahanga bwa gisirikare kugira ngo harebwe uko intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo yahagarara.

Abasirikare bakuru bitabiriye ibi biganiro
TAGGED:AmahangaCongoDRCfeaturedKainerugabaMuhoozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gaza: Inkunga Igenewe Abahahungiye Yangiwe Kwinjira Mu Nkambi
Next Article Gusubiranya Amashyamba Bizakorwa Ku Kigero Cya 76%-Min Mujawamariya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?