Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugore Uheruka Gutandukana Na Jeff Bezos Yarongowe N’Umwalimu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umugore Uheruka Gutandukana Na Jeff Bezos Yarongowe N’Umwalimu

Last updated: 08 March 2021 6:10 pm
Share
SHARE

MacKenzie Scott uheruka gutandukana n’umuherwe wa mbere ku isi Jeff Bezos, yahise ashaka undi mugabo, umwalimu wa siyansi mu mujyi wa Seattle.

Scott w’imyaka 50 yatandukanye na Bezos mu mwaka wa 2019 muri gatanya yasize amateka ku Isi, ahita ashakana na Dan Jewett.

Nyuma yo gutandukana na Bezos, Scott yahise agumana imigabane muri sosiyete ya Amazon y’ubucuruzi bwo kuri interineti no mu bindi bigo by’uwari umugabo we.

Jewett yemeje ko yashyingiranywe na Scott mu butumwa ku wa Gatandatu bashyize ku rubuga rwa Giving Pledge rushishikariza abaherwe gukoresha igice kinini cy’umutungo wabo mu bikorwa by’ubugiraneza.

Yagize ati “Nashyingiranywe n’umwe mu bantu b’abagiraneza kandi b’imfura nabashije kumenya – nkaba nifatanyije na we mu kwiyemeza gukoresha igice kimwe cy’ubutunzi mu gufasha abandi.”

Mu myirondoro ye ku rubuga rwa Amazon, havugwamo ko Scott “aba muri Seattle hamwe n’abana be bane, n’umugabo we Dan.”

Uku kubana kubayeho nyuma y’uko Scott na Bezos batandukanye nyuma y’imyaka 25 bari bamaranye. Ni ugutandukana kwasize Scott ari umwe mu baherwe kuko ubu afite umutungo wa miliyari $53.

Scott yiyemeje ko igice kinini cy’umutungo we kizajya gishyirwa mu bikorwa by’ubugiraneza, ndetse ko kubana na Dan ntacyo bizahindura. Urugero ni mu Ukuboza mu mwaka ushize aho yatanze miliyari $4.2 mu miryango 384.

Jeff Bezos abarwa nk’umukire a mbere ku isi, utunze miliyari $177.9. MacKenzie Scott we aza ku mwanya wa 23 na miliyari $53.4.

Mu itangazo abo bombi banyujije ku rukuta rwa Twitter rwa Bezos muri Mutarama 2019 ubwo batangazaga ko bagiye gutandukana, bavuze ko banzuye ko buri umwe atangira inzira ye nshya nubwo bazakomeza gukorana. Gusa ntibatangaje impamvu y’iki cyemezo bafashe.

Bati “Twafashe umwanzuro wo gutandukana ariko tukazakomeza kubaho ubuzima dusangiye nk’inshuti.”

“Twumva ari amahirwe akomeye kuba twaramenyanye kandi twishimiye buri mwaka mu yo twamaranye yose.”

TAGGED:Jeff BezosMacKenzie Scott
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bosco Ntaganda Yaciwe Impozamarira Ya Miliyoni $30
Next Article Uburinganire Si Ikibazo Kireba Abagore Gusa – Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu mahanga

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?