Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugore Wa Besigye Aramutabariza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Umugore Wa Besigye Aramutabariza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 November 2024 11:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Winnie Byanyima
SHARE

Umugore wa Kizza Besigye witwa Winny Byanyima asaba amahanga gukomeza gushyira igitutu ku butegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni kugira ngo arekure umugabo we uherutse kuvanwa muri Kenya akaba ari kuburanishirizwa mu nkiko za gisirikare muri Uganda.

Byanyima avuga ko ubutegetsi bwa Museveni bwanize ubwisanzure muri Uganda mu gihe kirekire.

Avuga ko umugabo we yatotejwe mu myaka 25 ishize kandi ngo ni ikintu bigaragara ko atari hafi guhagarika.

Madamu Byanyima asanzwe ayobora ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe rishinzwe kurwanya SIDA ryitwa UNAIDS.

Besigye aherutse gufatirwa i Nairobi, azanwa muri Uganda.

Ni igikorwa ubutegetsi bw’i Kampala buvuga ko bwafashijwemo n’ubw’i Nairobi.

Si Byanyima usaba ko Kizza Besigye arekurwa, ahubwo na sosiyete sivile muri Uganda irabisanga ndetse igasaba ko na Kenya isobanura uko yafashije Uganda kubona no gufunga uriya munyapolitiki utavuga rumwe na Leta ya Kampala.

Uyu mugabo wahoze ari Colonel mu ngabo za Uganda akaba na muganga wavuraga Museveni mu bihe by’intambara yamugejeje ku butegetsi, ari kuburanishwa n’inkiko za gisirikare.

Mu rukiko yavuze ko azaburanirwa n’abanyamategeko yihitiyemo.

Yavuze kandi ko atari akwiye kuburanishirizwa mu nkiko za gisirikare kuko yakivuyemo.

Kizza Besigye yabaye umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni mu gihe kirekire.

Yiyamamarije kuyobora Uganda inshuro enye ariko aratsindwa.

TAGGED:ByanyimafeaturedMuseveniUbutegetsiUmunyapolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbabazi Ni Ingenzi Mu Kubanisha Abantu-Harvey
Next Article Musanze: Bateye Ibiti Byo Gufata Ubutaka Bwashokeraga Mu Kiyaga Cya Ruhondo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?