Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanga Mu Mibare Yibye Abatuye Isi Miliyari $10
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuhanga Mu Mibare Yibye Abatuye Isi Miliyari $10

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 November 2023 10:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko ruburanisha imanza z’ubucuruzi rw’i New York rwahamije Sam Bankman-Fried ibyaha birindwi yaregwaga by’uko yatekeye abantu hirya no hino ku isi umutwe  akoresheje ikigo cyatangaga serivisi z’amafaranga ahererekanywa mu buryo bw’ikoranabuhanga kitwa FTX  akabiba miliyari $10.

Ibihano bigenewe buri cyaha mu byo yahamijwe, bigaragaza ko azafungwa imyaka 115 yose hamwe.

Abahanga mu mateka y’Amerika bavuga ko ubutekamutwe bwa Bankman ari bwo bwibye amafaranga menshi mu mateka y’iki gihugu.

Twibukiranye ko Leta zunze ubumwe z’Amerika zavutse taliki 04, Nyakanga, 1776, ubu hashize imyaka 247.

Ibyaha Sam Bankman- Fried yaregwaga byaruhije inteko iburanisha k’uburyo gusoma urubanza rwe byafashe amasaha arenga atanu.

Asomerwa yari ahari, ari kumwe n’ababyeyi bombi basanzwe ari intiti mu by’amategeko bayigisha muri Kaminuza ya Stanford.

Aba babyeyi basutse amarira bakimara kumva uko urubanza rusomwe.

Icyakora ruzakatwa mu buryo bwuzuye taliki 28, Werurwe, 2024, gusa umwunganira witwa Mark Cohen avuga ko hagati aho bazakomeza kwereka urukiko ko umukiliya wabo arengana.

Umushinjacyaha wa Repubulika ukorera muri Leta ya New York witwa Willliams avuga ko n’ubwo amafaranga yo mu bwoko bwa Cryptocurrency ari mashya ku isoko, ngo ubujura bwa Bankman-Fried si ubw’ejo.

Ngo yari yarashyizeho uburyo buboneye bwo kumugira umukire ukomeye binyuze muri ubwo buryo bw’amafaranga, bwo kunusura ku madolari ya buri mukiliya we aho ari hose ku isi.

Uyu mushinjacyaha ashima itsinda bakoranye mu gushaka ibimenyetso bishinja Sam Bankman ibyaha kuko ngo akazi bakoze kazagirira akamaro Abanyamerika n’abandi kanndi na bagenzi be bakazabona ko hari abandi bashinzwe kubarwanya.

Yabwiye itangazamakuru ko abakora iriya forode bazakurikiranwa aho bari hose kandi ko ntawe bazatinya ngo n’uko afite amafaranga.

Ashima imikoranire y’abakozi be n’ab’Urwego rw’Amerika rw’Ubugenzacyaha, FBI, babafashije mu gukurikirana dosiye ya Bankman kugeza irangiye.

Abagenzacyaha basanze Bankman-Fried yari yarubatse ubucuruzi bukoresha ikoranabuhanga bwa pyramid yise FTX akabukurikirana neza akoresheje ikigo cye yise Alameda Research kugira ngo abone uko azajya yiba amadolari ku bantu bose bakoresha amafaranga yiswe cryptocurrency.

Kuba ibi Bankman-Fried yarabigezeho ntabwo ari impanuka kuko ari umuhanga mu mibare yigiye muri Massachusetts Institute of Technology, MIT.

Yakoze buriya bucuruzi buramuhira ariko mu Ugushyingo, 2022 aza kuvumburwa, ahomba miliyari $32 yose yari yarinjije binyuze mu kigo FTX.

Uyu Munyamerika  ukomoka ku Bayahudi yari umukire cyane kandi ukiri muto k’uburyo ikinyamakuru cyandika ku baherwe ku isi kitwa Forbes kitatinyaga kumuvugaho.

Ni kenshi yagaragaraga kuri za televiziyo aganira na Bill Gates ndetse na Tony Blair, aba bakaba nabo bafite iritubutse kandi bavuga ku isi rikijyana.

Rwagati mu mwaka wa 2022 nibwo ibya FTX ya Bankman byatangiye kuzamba ubwo abanyamakuru bandikaga ko abakiliya ba FTX babona ko hari amafaranga bibwa.

Bahise batangira kubikuza ayabo, iyi mpuruza ihita yitabirwa na FBI ni uko Bankman ahomba atyo atabwa no muri yombi.

Urukiko rwaje kumuhamya ubujura bwa miliyari $10 rumuhanisha imyaka 115 y’igifungo
TAGGED:AbagenzacyahaAmadolariAmafarangaAmerikaFBIfeaturedGutekaUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamakuru Manirakiza Yajuririye Icyemezo Kimufunga By’Agateganyo
Next Article Konona Umutungo Wa Leta: REG Yarimbuye Amapoto Imaze Umwaka Ishinze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?