Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanzi Kenny Sol Yikomye Umunyamakuru David Bayingana N’Abategura Ibitaramo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhanzi Kenny Sol Yikomye Umunyamakuru David Bayingana N’Abategura Ibitaramo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 August 2022 2:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bahanzi bakunzwe muri iki gihe witwa Kenny Sol yasohoye inyandiko ya paji ebyiri yikoma abategura ibitaramo ko babura abahanzi.  Ku isonga avuga ko ikigo kitwa Intore Entertainment cyamuhaye akazi aragakora none amezi abaye abiri atarishyurwa.

Bruce Intore nyiri iki kigo ntiyigeze afata telefoni y’umwanditsi wa Taarifa washaka kumenya icyo avuga kuri iyi ngingo.

Ubutumwa bugufi twamwandikiye yasubije ko ari buduhamagare akabusubiza ariko inkuru yasohotse atarabikora.

Ibaruwa ya Kenny Sol ivuga ko mu bakora imyidagaduro harimo abagaragaza ubunyamwuga buke.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ndetse ngo abategura ibitaramo baba bashaka kunyunyuza imitsi y’abahanzi, ntibabishyure cyangwa banabikora bakazabikora iminsi yicumye, inzara ibabaga amagara.

Ngo abazamura abahanzi bibwira ko ari bo ba boss babo, ko babaruta.

Asanga ibi bidakwiye kuko abahanzi ari  abantu bo kubahwa kuko ngo umuhanzi arasaza ariko igihangano cye gihoraho.

Ati: “Abategura ibitaramo baraguhamagara bakakubwira ko bashaka ko uzakitabira, bakabikora nk’aho bari kugukorera ibyiza, bigamije iterambere ryawe. Bagushishikariza gukora ibintu niyo byaba bitari mu gushaka kwawe. Ndabwira abategura ibirori nk’ibi ko nta mpuhwe muba mudufitiye, ahubwo ni uko mukeneye abahanzi kugira ngo business zanyu zikomeze zikore.”

Avuga ko bibabaje kuba abahanzi barara ijoro muri studios bakora umuziki bagashyiramo amafaranga yabo ariko abantu bakabasuzugura.

- Advertisement -

Kenny Sol atanga urugero rw’uko taliki 25, Kamena, mu mwaka atavuze yakoze igitaramo yari yatumiwemo n’ikigo gitegura ibitaramo kitwa Intore Entertainment ariko baramwambuye.

Kenny Sol avuga ko kuva icyo gihe kugeza ubu hagiye gushira amezi abiri yishyuza abantu none ngo byabaye nka wa mugani ngo ‘uwambuwe n’uwo azi ntata ingata.’

Uyu muhanzi uri mu bakunzwe kugeza ubu avuga ko niba RDB cyangwa ibindi bigo bifite aho bihurira n’imyidagaduro bibizi, bikaba byarabirengeje ingohe, nabyo bikwiriye kwigaya.

Sol avuga ko mu gihe amaze mu by’imyidagaduro yamenye ko iyo umuntu avuze ibitagenda hari abamwijundika ariko ngo mu gihe kirekire bigira akamaro haba kuri we no kuri bagenzi be muri rusange.

Iyo usomye inyandiko y’uyu muhanzi wumva ko yayanditse ababaye.

Hari aho agira ati: “ Nzakomeza gukora umuziki mu nyungu z’abakunzi bawo ariko sinzawukora ngo nshimishe intashima zidashishikajwe n’ubuhanzi nkora.”

Akangurira bagenzi be guhuza ijwi bakihaniza abantu bashaka kubanyunyuza imitsi bitwaje ko ari bo bategura ibiramo

Ati: “ Igihe kirageze ngo duhuze ijwi duhindure ibintu, ibintu bigomba guhinduka.”

Avuga ko abantu babasugura batazi ko ari nabo ari ab’agaciro ku gihugu.

Yikomye umunyamakuru David Bayingana…

Mu Cyongereza cyumvikanira  buri wese wakize, Kenny Sol yikomye umushyushyarugamba akaba n’umunyamakuru David Bayingana wamusuzuguriye muri BK Arena ubwo yari yaje ngo aze kugaragara ku rubyiniro rumwe na The Ben.

Yavuze ko mu by’ukuri yitabiriye kiriya gitaramo, ariko arahasuzugurirwa.

Ngo yari muri BK Arena ari kumwe n’itsinda rimufasha mu kuririmba.

Icyakora ngo David Bayingana wari umushyushya rugamba kuri uriya munsi akaba n’umusangiza w’amagambo yaramusuguye cyane bituma atajya ku rubyiniro.

Umunyamakuru w’icyamamare David Bayingana

Ngo yaramubwiye ati: “ Muririmbe cyangwa mubireke.’

Yavuze ko imyitwarire Bayingana yamweretse ko  idakwiye umunyamakuru w’icyamamare nkawe, umaze imyaka irenga 10 mu kazi.

Yunzemo ko abateguye kiriya gitaramo nabo atari shyashya kuko ngo banze kugira amafaranga bamuha ahubwo bamuhatira kujya ku rubyiniro.

Ati: “ Ni gute mwari kwitega ko najya kuririmba kandi nta mafaranga namba mwampaye ahubwo mukanyungukiramo?”

Kenny Sol yavuze ko atangaje biriya kugira ngo na The Ben nawe amenye ukuri, atazagira ngo yamutabye mu nama.

TO ALL PARTIES INVOLVED‼️ pic.twitter.com/mxuP3HTWdp

— KENNY SOL (@kennysolmusic) August 7, 2022

 

TAGGED:BayinganaKenny SolThe BenUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intare: Inyamaswa Y’Ingufu, Irya Biyigoye Kandi Iri Hafi Gucika Ku Isi
Next Article Uwo Kenny Sol Ashinja Kumwambura Ati: ‘Abasangira Ubusa Bitana Ibisambo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Urukiko Rukuru Rw’Ubucuruzi Rwanzuye Intsinzi Y’Umuhanzi Gabiro Guitar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hoziyana Yashyize Indirimbo ‘Tugumane’ Mu Giswayili

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Yagarutse Mu Muziki Nyuma Y’Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Igitaramo Cya The Ben Kizagongana N’Icya Pallaso Uzwi Cyane i Kampala

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?