Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanzikazi Uwase Arakebura Abanze Guhindukirira Imana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Uwase Arakebura Abanze Guhindukirira Imana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2024 9:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Céline Uwase ni umuhanzi utaragera kure cyane mu mwuga we. Gusa ni umwe mu bahanga baririmbira  Imana indirimbo ziyihimbaza.

Mu ndirimbo aherutse gusohora, harimo ubutumwa bugenewe ab’ubu bagaragara nk’abavuye mu nzira nziza yo kubaha Imana bahozemo.

Agira abantu inama yo guhindukira bakongera kuyoboka imyitwarire ishimwa n’Imana n’abantu.

Aherutse gushobora indirimbo yise Garukira Aho, ikaba ikurikiye izindi yise Hana, Igitonyanga, Umugambi, Inzira na Ubwami Bwawe.

Ubutumwa bwe yabunyujije mu ndirimbo nshya yise “Garukira Aho” ikaba ije yiyongera ku zindi ndirimbo amaze gukora zirimo iyitwa “Hana”, “Igitonyanga”, “Umugambi”, “Inzira”, n’iyitwa “Ubwami Bwawe”.

Mu ndirimbo yaraye asohoye, Céline Uwase araririmba ati: “Dore inka imenya Shebuja, indogobe ikamenya urugo rwa Shebuja, ariko umwana w’umuntu we ariyobagije ntagishaka kumvira uwamuremye. Garukira aho, garukira aho ugarukire Imana, iracyagutegeye ibiganza, iravuga iti ‘Mwana wanjye nkunda garukira aho ugarukire Imana”.

Aya magambo ari no  muri Yesaya 1: 3 havuga ngo “Inka imenya nyirayo, n’indogobe imenya urugo rwa shebuja. Abisirayeli bo ntibabizi, ubwoko bwanjye ntibubyitaho”.

Uwase akomoka mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Uburengerazuba, akaba akora umuziki agamije guhimbaza Imana no kuvuga ubutumwa bwiza abinyujije mu ndirimbo.

Yishimira iterambere umuziki ugezeho kuko umuhanzi ategura igitaramo kikitabirwa n’abantu benshi cyane, bikamwereka ko hari icyo Imana iri gukora mu guhindura abantu binyuze mu muziki.

Yabwiye Kigali Today ati: “Umuhanzi ni ijwi ryumvikana cyane kandi rikumvwa na benshi kuko umuziki ufasha benshi kandi ugakundwa nabo. Ni yo mpamvu umuhanzi agomba kuririmba ubutumwa bwigisha abantu agafasha igihugu mu guhugura no kwigisha abaturage bacyo”.

Uwase asanzwe  asengera mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi, mu buzima ni umukozi w’Umuryango Mpuzamahanga witwa BRAC International uharanira iterambere no kuvana abantu mu bukene by’umwihariko ab’igitsinagore.

Yarangije Kaminuza muri ULK mu icungamari mu mwaka wa 2023, ubu akaba yariyemeje kongera ingufu mu bikorwa bye bya muzika.

Ni indirimbo ihamagarira abantu kugarukira Imana bakava mu byaha.

Yayikoze abifashijwemo na Producer Peter wakoze amajwi, naho Eliel Sando [Eliel Filmz] akora amashusho yayo.

 

TAGGED:AmasengeshoIcungamariIndirimboKaminuzaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yahembewe Kuba Umunyafurika W’Umwaka 2024
Next Article Umunyarwandakazi Wajyanywe Mu Bufaransa Ari Ikibondo Ararangisha Umuryango We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?