Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanzikazi Uwase Arakebura Abanze Guhindukirira Imana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Uwase Arakebura Abanze Guhindukirira Imana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2024 9:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Céline Uwase ni umuhanzi utaragera kure cyane mu mwuga we. Gusa ni umwe mu bahanga baririmbira  Imana indirimbo ziyihimbaza.

Mu ndirimbo aherutse gusohora, harimo ubutumwa bugenewe ab’ubu bagaragara nk’abavuye mu nzira nziza yo kubaha Imana bahozemo.

Agira abantu inama yo guhindukira bakongera kuyoboka imyitwarire ishimwa n’Imana n’abantu.

Aherutse gushobora indirimbo yise Garukira Aho, ikaba ikurikiye izindi yise Hana, Igitonyanga, Umugambi, Inzira na Ubwami Bwawe.

Ubutumwa bwe yabunyujije mu ndirimbo nshya yise “Garukira Aho” ikaba ije yiyongera ku zindi ndirimbo amaze gukora zirimo iyitwa “Hana”, “Igitonyanga”, “Umugambi”, “Inzira”, n’iyitwa “Ubwami Bwawe”.

Mu ndirimbo yaraye asohoye, Céline Uwase araririmba ati: “Dore inka imenya Shebuja, indogobe ikamenya urugo rwa Shebuja, ariko umwana w’umuntu we ariyobagije ntagishaka kumvira uwamuremye. Garukira aho, garukira aho ugarukire Imana, iracyagutegeye ibiganza, iravuga iti ‘Mwana wanjye nkunda garukira aho ugarukire Imana”.

Aya magambo ari no  muri Yesaya 1: 3 havuga ngo “Inka imenya nyirayo, n’indogobe imenya urugo rwa shebuja. Abisirayeli bo ntibabizi, ubwoko bwanjye ntibubyitaho”.

Uwase akomoka mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Uburengerazuba, akaba akora umuziki agamije guhimbaza Imana no kuvuga ubutumwa bwiza abinyujije mu ndirimbo.

Yishimira iterambere umuziki ugezeho kuko umuhanzi ategura igitaramo kikitabirwa n’abantu benshi cyane, bikamwereka ko hari icyo Imana iri gukora mu guhindura abantu binyuze mu muziki.

Yabwiye Kigali Today ati: “Umuhanzi ni ijwi ryumvikana cyane kandi rikumvwa na benshi kuko umuziki ufasha benshi kandi ugakundwa nabo. Ni yo mpamvu umuhanzi agomba kuririmba ubutumwa bwigisha abantu agafasha igihugu mu guhugura no kwigisha abaturage bacyo”.

Uwase asanzwe  asengera mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi, mu buzima ni umukozi w’Umuryango Mpuzamahanga witwa BRAC International uharanira iterambere no kuvana abantu mu bukene by’umwihariko ab’igitsinagore.

Yarangije Kaminuza muri ULK mu icungamari mu mwaka wa 2023, ubu akaba yariyemeje kongera ingufu mu bikorwa bye bya muzika.

Ni indirimbo ihamagarira abantu kugarukira Imana bakava mu byaha.

Yayikoze abifashijwemo na Producer Peter wakoze amajwi, naho Eliel Sando [Eliel Filmz] akora amashusho yayo.

 

TAGGED:AmasengeshoIcungamariIndirimboKaminuzaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yahembewe Kuba Umunyafurika W’Umwaka 2024
Next Article Umunyarwandakazi Wajyanywe Mu Bufaransa Ari Ikibondo Ararangisha Umuryango We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi

Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Umurundi Kirikou Akili Ukunzwe Mu Rwanda Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?