Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umujyi Wa Kigali: Inzu 27,000 Ziri Mu Manegeka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umujyi Wa Kigali: Inzu 27,000 Ziri Mu Manegeka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2023 10:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje kugeza ubu hari inzu 27,000 zugarijwe no kuba zasenywa n’ibiza kubera ko zubatswe mu manegeka.

Ziherereye mu mirenge 35 igize uturere dutatu tw’Umujyi wa Kigali.

Iby’iki kibazo biherutse kugarukwaho n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imiturire n’ibikorwaremezo witwa Mérald Mpabwanamaguru mu kiganiro ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buherutse guha abanyamakuru.

Cyabaye taliki 17, Mata, 2023 kibera ku Biro by’Umujyi wa Kigali.

Mpabwanamaguru yavuze ko hari ibibanza 24,404 byabaruwemo inzu 27,000 ziri ku manegeka.

Amanegeka ni ahantu inzu ziba zubatswe mu buryo buteje akaga abazituyemo.

Ni akaga gashobora guterwa no gusenyuka kwazo kubera impamvu zitandukanye zirimo inkangu, imyuzure n’ibindi biza.

Muri zo habamo inzu zubatswe muri metero 10 uvuye ku gishanga kandi iyi ntera ni nto cyane.

Imiturire nk’iyi iterwa n’uko abubatse izo nzu baba barabikoze mu kajagari, hadakurikijwe ibyo igishushanyo mbonera kigena.

Mérald Mpabwanamaguru avuga ko igiteye inkeke kurushaho ari uko kugeza ubutabazi ku bantu batuye aho hantu bigorana cyane.

Biterwa n’uko nta mihanda ikoze neza igera muri ako gace iba yarateguwe, ntahabe hari imiyoboro y’amazi imeze neza bityo imihanda ikangirika.

Icyakora Leta y’u Rwanda ibinyujije mu Mujyi wa Kigali n’abandi bafatanyabikorwa yatangiye kandi ikomeje gushyiraho ibikorwaremezo bivuguruye.

Ni mu rwego rwo gukumira ndetse no kugabanya ibyago bishobora kugera ku batuye ahantu hateje akaga.

Mérald Mpabwanamaguru ati: “ Ingamba zafashwe mu myaka yashize zatumye umubare w’inzu zinegetse ugabanuka.”

Mu bihe bitandukanye hari abaturage bimuwe mu bice biteje akaga bahoze batuyemo bajyanwa ahandi.

Mu mwaka wa 2018 habaye igikorwa cyo kubavana mu manegeka ku ngufu.

N’ubwo hari bamwe byababaje ariko ntibatinze kubona ko ibyabakorewe ari bo byagiriye akamaro.

Muri uwo mwaka haguye imvura nyinshi yangije byinshi k’uburyo iyo isanga abo bantu mu gishanga igihugu cyari bucure imiborogo.

Hagati aha mu mwaka wa 2023, Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buri gukora k’uburyo amazi yarengaga inkombe akajya kwangiriza abatuye ibice bya Biryogo, Mpazi, Nyagatovu na Gatenga acibwa intege.

Abatuye ibi bice basabwa kuzirika ibisenge, bagashyiraho imireko ifite ahantu iganisha amazi hameze neza kandi ababona ko ibyo bitashoboka, bakimuka.

Amakuru avuga ko ibikorwa byo gutuza abaturage mu buryo butabashyira mu kaga byateguriwe ingengo y’imari ya Miliyari Frw 76.

Ibyo bikorwa bizibanda mu gukora imihanda ifite imiyoboro migari y’amazi, ifite aho abanyamaguru baca, amatara ku mihanda, n’ibindi bikorwa bigira akamaro mu kurinda ibidukikije.

Bizakorwa mu bice bya Mpazi muri Nyarugenge, Gatenga muri Kicukiro na Nyagatovu na Nyabisindu muri Gasabo.

Indi mishinga Umujyi wa Kigali ufite ni uwo gutunganya ibice bikunda kwibasirwa n’imyuzure birimo Rwampara, Rugunga, Kinamba, Kanogo, ahahoze ari Cadilac, Kiruhura n’ahitwa Prince House.

Hari ibyuma by’ikoranabuhanga bizashyirwa muri ibyo bice kugira ngo bijye bikurura amakuru y’ubukana umwuzure uzaba ufite bityo bitange intabaza, abantu bamenye icyo bakora hakiri kare.

Ibyo byuma bizajya bitanga ayo makuru buri minota 15.

TAGGED:featuredIbizaKigaliMpabwanamaguruUbutabaziUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisiteri Y’Uburezi Yakuyeho Agahimbazamusyi K’Abarimu, Umuhanga Ati: “ Ntibyari Bikwiye”
Next Article Umurava, Isuku…Inama Abapolisi B’u Rwanda Bagirwa N’Umuyobozi Wabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?