Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umujyi wa Kigali Ugiye Kuvugurura Uduce Tune Tw’Akajagari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umujyi wa Kigali Ugiye Kuvugurura Uduce Tune Tw’Akajagari

admin
Last updated: 15 October 2021 9:59 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko mu gihe cya vuba hazatangira umushinga wo kuvugurura uduce tune tugaragara nk’akajagari, tugashyirwamo ibikorwa remezo ku buryo abahatuye bazashishikarizwa guhita bavugurura inzu zabo.

Utwo duce ni Nyabisindu na Nyagatovu mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, mu Gatenga mu Karere ka Kicukiro no mu bice byegereye ruhurura ya Mpazi mu Mirenge ya Gitega, Kimisagara na Rwezamenyo muri Nyarugenge.

Ni imishinga Umujyi wa Kigali watangiye kugenda ukorera ahantu hatuwe mu kajagari kandi hatari ibikorwa remezo, bikahashyirwa, noneho aho kugira ngo abaturage bimurwe bagashishikarizwa kuvugurura imiturire bijyanye n’igishushanyo mbonera.

Hatandukanye n’uduce twubakwa muri iki gihe, aho inzu zihagera zihasanga ibikorwaremezo by’imihanda, amazi n’ibindi.

Umuyobozi Ushinzwe Igenamigambi ry’Umujyi, Muhirwa Marie Solange, yavuze ko mu minsi ishize leta yakoze umushinga w’igerageza wo gutunganya agace ka Biryogo muri Nyarugenge, bikagaragara ko watanze umusaruro.

Ni umushinga wakozwe ku bufatanye na Banki y’Isi hubakwa imihanda, inzira z’abanyamaguru, hasanwa za ruhurura ndetse hashyirwa amatara ku mihanda.

Yakomeje ati “Icyiciro cya kabiri nacyo ubungubu tukaba turi hafi kugitangira, tuzavugurura imiturire y’ahantu twita Nyabisindu munsi ya Contrôle Technique, dushyiramo imihanda, tukubaka za ruhurura, tugakora inzira z’abanyamaguru, tugashyira amatara ku mihanda, ndetse tukaba twagira n’ibindi bikorwa byakunganira abantu batuye ahongaho dushobora kubaka cyangwa twavugurura.”

Utundi duce dutatu twatoranyijwe natwo tuzakurikiraho.

Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imiturire n’ibikorwaremezo Dr Merard Mpabwanamaguru, yavuze ko mu kuvugurura utwo duce hanasanwa ruhurura zitwara amazi nu bice bitandukanye.

Ati “Dufite imishinga yo kuvugurura imiturire y’akajagari cyangwa imiturire idakwiye mu bice bya Gatenga, Nyabisindu, Nyagatovu ndetse na Mpazi, aho muri iyo mishinga duteganya kuzubaka za ruhurura.”

“Ariko bikazajyana nanone na wa mushinga wo gutunganya igishanga cya Gikondo, aho za ruhurura ziri mu gice giturukamo amazi ajya muri kiriya gishanga na zo zizakorerwa inyigo ndetse zikabona n’ingengo y’imari zikagenda zubakwa.”

Ni umushinga wose hamwe yavuze ko inyigo yagaragaje ko uzatwara miliyoni $80.

Ibarura riheruka mu 2017 ryerekanaga ko mu Mujyi wa Kigali hari imiryango isaga 34,000 iri mu manegeka.

Ubu ingo nyinshi zarimuwe, ahandi ibikorwa byatumana hitwa mu manegeka nka za ruhurura zitubatse neza  biratunganywa.

 

TAGGED:Banki y'IsiBiryogoDr Merard MpabwanamagurufeaturedKimironkoMpaziMuhirwa Marie SolangeNyagatovuUmujyi wa Kigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imikoreshereze Y’Urutonde Rw’Abasambanyije Abana ‘Igomba Kwitonderwa’
Next Article Hamwe Aba DASSO Barwana N’Abaturage, Ahandi Bakabubakira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?