Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umujyi Wa Nyamata Wadindijwe No Kutagira Igishushanyo Mbonera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umujyi Wa Nyamata Wadindijwe No Kutagira Igishushanyo Mbonera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2023 7:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye Akarere ka Bugesera cyane cyane abo mu Mujyi wa Nyamata bavuga ko kuba nta gishushanyo mbonera gisobanura neza uko uwo mujyi ukwiye kubakwa, byadindije iterambere ryawo.

Kuba nta gishushanyo mbonera Akarere ka Bugesera karatangaza ngo kigenderweho hubakwa inyubako n’ibikorwaremezo bya Nyamata, byatumye imirimo yo kuyitunganya ihagarikwa.

Iyo nta gishushanyo mbonera gihari, kubaka birahagarara, bigakorwa mu rwego rwo kwirinda akajagari.

Uko kutubaka uyu mujyi ndetse na Bugesera muri rusange, byatumye hari n’imishinga ikubiye muri gahunda y’imyaka irindwi(7) Perezida Paul Kagame yari yaremereye abatuye kariya karere yadindiye.

Kigali Today yanditse ko guhera mu 2012 mu Karere ka Bugesera hatangiye kugurwa ibibanza  no guturwa cyane.

Byatewe ahanini n’uko ko ari hamwe mu hantu hagukiraga umujyi  kandi hakaba ari hafi cyane y’Umujyi wa Kigali.

Mu mwaka wa 2017 nibwo igishushanyo mbonera cyari gisanzwe gikoreshwa mu Karere ka Bugesera cyahagaritswe kuko hari ibyo kitari cyujuje.

Hagombaga gutekerezwa ikindi ariko kuva icyo gihe kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga, nta kindi cyari cyaratangajwe ku mugaragaro.

Hari rwiyemezamirimo umwe wagize ati: “Kuba igishushanyo mbonera kidahari byahagaritse imirimo myinshi ndetse n’iterambere rya Nyamata riradindira kubera ko hari ahantu hatari amashanyarazi kandi yagombye kuba ahari kubera ko hadatuwe.”

Avuga ko hari ahantu hagombye kuba hari imiyoboro y’amazi ariko ikaba idahari kubera ko hadatuwe kandi ari mu mbago z’Umujyi wa Nyamata.

Uko Akarere kabibona…

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi  avuga ko kuba nta gishushanyo mbonera cy’Akarere ayoboye  kiraboneka, bidindiza ikoreshwa neza ry’ubutaka, abantu ntibubahirize icyo bwagenewe gukoreshwa.

Ati: “Kuba nta gishushanyo mbonera gicukumbuye cyari gihari kugira ngo abantu bubake byasabaga kwirwanaho, hagafatwa ibyemezo bigendeye ku mibereho y’abaturage ariko nyuma y’imyaka itanu ushobora kuzabisuzuma ugasanga wenda atari ibyo mwari mukwiye gufata”.

Richard Mutabazi( Photo@Kigali Today)

Avuga ko muri iki gihe hari igishushanyo mbonera kiri kwigwaho ‘n’abantu benshi’ kandi gikozwe mu buryo burambuye bityo kikazatanga ibisubizo birambye.

Hagati aho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka (National Land Authority) giherutse gutangaza ko bitarenze muri Mata 2023, uturere tuzaba twarabonye ibishushanyo mbonera by’imiturire n’imikoreshereze y’ubutaka.

Umuyobozi mukuru w’icyo kigo, Espèrance Mukamana avuga ko kimwe mu bibazo biri mu Rwanda ari uko ubutaka bukwiye guhingwa buri gukorerwaho ibindi bikorwa bigatuma buba buto.

Iyi ni imwe mu mpamvu zituma gukora no gutangaza igishushanyo mbonera cya buri karere byihutishwa.

Icyakora ngo umwihariko ugomba kuba Akarere ka Bugesera

Ati: “Niyo mpamvu turimo kwihutisha ibishushanyo mbonera by’uturere twose ariko by’umwihariko aka Bugesera nk’akarere kagaragiye Kigali, kagomba kwitabwaho by’umwihariko, cyane cyane ko mubona ko kanubakwamo cyane mu buryo bw’akajagari”.

Esperance Mukamana uyobora Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka kivuga ko ahantu hose hagenewe imiturire iba igomba kujyana n’ibikorwa remezo ku buryo mbere y’uko haturwa ibyo bikorwa remezo bigomba kubanza kuhagezwa ubundi abantu bakabihasanga.

Ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryo mu 2022, ryagaragaje ko abatuye Akarere ka Bugesera bageze ku 551,103, batuye ku buso bungana na kilometero kare 1,337.

Gatuwe k’ubucucike bungana n’abaturage 450 ku kilometero kare imwe.

TAGGED:BugeserafeaturedIbikorwaremezoIkigoKagameMukamanaUbutaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Autism:Ubumuga Bw’Abana Bukwiye Kwitabwaho ‘By’Umwihariko’
Next Article Abakire 25 Kurusha Abandi Ku Isi Bahombye Miliyari $200
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?