Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukandida Habineza Arashinja Akarere Ka Ngoma Kumubangamira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Umukandida Habineza Arashinja Akarere Ka Ngoma Kumubangamira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2024 7:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika wa Democratic Green Party of Rwanda, Dr. Frank Habineza, yavuze ko mu minsi 11 amaze yiyamaza hirya no hino yabangamiwe n’ubuyobozi  bw’Akarere ka Ngoma bwonyine.

Avuga ko yagiye kwiyamamaza yo taliki 24, Kamena, 2024, uwo ukaba wari umunsi we wa gatatu atangiye ibi bikorwa kuko, muri rusange, byatangiye taliki 22 z’uko kwezi.

Kuri uyu wa Kabiri taliki 02, Nyakanga, 2024, ari kumwe n’abandi bayobozi mu ishyaka Green Party, Dr. Frank Habineza yavuze ko aho yaciye hose yishimiye uko yasanze ibintu byifashe, ashima uko yakiriwe.

Muri rusange, ashima ko ibikorwa bye bitigeze bibangamirwa na benshi ‘uretse’ abayobozi bo mu Karere ka Ngoma.

Ati: “Kwiyamamaza twabitangiye bigoranye, ariko uko iminsi yicuma birushaho gusobanuka kurushaho. Twatengushywe n’Akarere ka Ngoma gusa, ariko ahandi byagenze neza, n’ibyo twabonye bitadushimisha ntabwo twabitindaho”.

Habineza avuga ko ubwo ishyaka rye ryahabwaga umunsi wo gukorera muri Ngoma, ubuyobozi bw’Akarere bwirengagije ‘nkana’ amabwiriza yose ya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, butegura ibindi bikorwa byo kwamamaza abakandida b’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Icyo gihe ngo ubuyobozi bwa Ngoma bwahise butegura n’inama itunguranye mu rwego rwo kubangamira Green Party.

Umunyamabanga Mukuru wa Green Party, Hon Jean Claude Ntezimana, ari na we ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza umukandida Habineza yabwiye abanyamakuru ati:“Aho bitagenze neza, ni muri Ngoma. Habayeho guhuza gahunda y’imitwe ibiri. Abandi na bo baje kwiyamamariza hafi y’ahantu twari turi, ndetse bashyiraho indangururamajwi zihamagarira abaturage kwitabira inama itunguranye kandi bari bazi ko uwo munsi twawusabye”.

Dr. Frank Habineza yemeza ko atari inshuro ya mbere ishyaka rye ribangamiriwe muri Ngoma, yungamo ko iby’amatora nibirangira ikibazo cya Ngoma bazagikurikirana by’umwihariko.

Ati: “Akarere ka Ngoma wagira ngo harimo umuzimu. Si ubwa mbere! Ariko ntabwo bizahagararira aha, niduhuguka tuzabikurikirana. Turifuza ko Inama Njyanama yose yegura ikavanwaho”.

Ahandi Green Party ya Habineza ivuga ko yabangamiwe ni muri Ngororero.

Icyo gihe aho Dr. Frank Habineza n’abo ishyaka rye rishaka ko barihagararira mu Nteko ishinga amategeko babangamiwe n’uko hari abaturage baje bitwaje ibirango by’indi mitwe ya politiki, banaharirimbira indirimbo z’iyo mitwe!

Abo muri Green Party ntibatangaje iyo mitwe iyo ari yo.

Icyo gihe nabwo Hon Jean Claude Ntezimana yavuze ko ari ibintu bidakwiye, ariko ko iyo yongeraho ko nyuma barebye basanga ni ibikorwa by’abantu ku giti cyabo, yongeraho ko bashishoje basanga abo bantu bataratumwe n’iyo mitwe ya politiki.

Yungutse abanyamuryango…

Abaturage baje kumva imigabo n’imigambi bya Green Party

Ubuyobozi bwa Green Party buvuga ko iyo bugereranyije uko byari byifashe mu mwaka wa 2017 mu kwiyamamaza kw’icyo gihe n’uko byifashe kuri iyi nshuro, busanga iri shyaka ryarungutse abanyamuryango.

Bwemeza ko abaturage barushijeho gukunda ishyaka ryabo no kwitabira kumva imigabo n’imigambi yaryo.

Dr. Frank Habineza ati: “Iyo dusuhuza abaturage ubona batwakirana urugwiro rukomeye cyane, iyo abaturage bambwira ngo turagukunda cyane, ni wowe, tuzagutora, […] ni ibintu bishimishije cyane”.

Habineza avuga ko nta bantu bajya kuza kumva imigambi ye bohojwe cyangwa basunitswe n’abandi abo ari bo bose.

Avuga ko n’ubwo ari bacye agereranyinje n’uko hari aho bimeze handi( nko kuri FPR-Inkotanyi), ibyo ntacyo bitwaye; ko icyangombwa ari uko ubutumwa bwe butambuka bukagera kure.

Ishyaka Green Party rimaze kuzenguruka mu turere 15, bikaba biteganyijwe ko mu minsi 11 isigaye rizagera no mu tundi turere 15 dusigaye.

TAGGED:featuredGreenHabinezaIshyakaNgoma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuhinde: Umuvundo Waguyemo Abantu 50
Next Article Yasobanuye Uko Coup D’Etat Yo Guhirika Tshisekedi Yari Yateguwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inganda Z’Intwaro Zungutse 5.9% Kubera Intambara Ya Ukraine N’Iya Gaza

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?