Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukozi Wa RIB Yahawe Ruswa Ya Miliyoni Frw 4 Arayanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Umukozi Wa RIB Yahawe Ruswa Ya Miliyoni Frw 4 Arayanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 October 2024 3:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bagenzacyaha ukorera mu Mujyi wa Kigali aherutse guhabwa ruswa  n’umwe mubo Urwego rw’Ubugenzacyaha rwari rwafashe arayanga. Ni ruswa ya Miliyoni Frw 4 zirenga.

Uwo mugabo yari umwe mu bantu 10 uru rwego ruherutse gufata mu iperereza rwakoraga ku bantu bahindura uko inzoga z’inganda zemewe zikozwe, bakazitubura bakazigurisha ‘ku kiranguzo’.

Uvugwaho guha umukozi wa RIB ruswa akayanga yasanganywe icyo uru rwego rwise uruganda rwahindurirwagamo uko inzoga zemewe zari zikoze.

Abantu 10 bakurikiranyweho gukora icyo cyaha bakekwaho uruhare rutaziguye mu gufata inzoga zikorwa n’inganda zizwi mu Rwanda, bakazisukanura bagashyiramo izindi bikoreye.

Mu bwenge bwinshi, abavugwaho ubwo bucakura bafataga izo nzoga bakazivanga n’ibindi binyabutabire byiganjemo ibifite acide, hakabamo n’iyifite iyitwa acide acétique.

Kugira ngo hatazagira ubatahura, bafatanga amacupa ariho ibirango by’inzoga zisanzwe zizwi bakayashyiramo izo nzoga batubuye.

Bivugwa ko abaranguzi bazaga kuzirangura, bakabereka inzoga zimeze neza hanyuma mu kujya gupakira bakazana izihishe inyuma zitujuje ubuziranenge.

Amacupa bayashyizeho ibirango by’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro mu rwego rwo kwemeza abaguzi ko bakora ubucuruzi bwizewe kandi basorera.

Bakurikiranyweho gukora inzoga z’abandi bakazihindurira ibinyabutabire bizigize

Icyakora iminsi myinshi igahimwa n’umwe gusa kuko amakuru yaje kumenyekana ko ibyo bita ko ari inzoga nzima, ahubwo ari ibikwangari.

Akimara kugera ku bakozi b’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, bahise batangira guperereza iby’ayo makuru.

Haje gufatwa abantu 10 barimo batatu bari bayoboye ubwo bucuruzi n’abandi barindwi wakwita ‘ibyitso’.

Umukuru muri bo yamaze gufatwa arafungwa mu gihe idosiye ye yakorwaga aza guhamagara umugenzacyaha wari uyiriho amubwira ko ashobora kumuha Miliyoni Frw 3 zirenga kuri Mobile Money, undi arazanga.

Yongeye no kumuha Miliyoni Frw 1 irenga, ayimuha mu ntoki nibwo uyu mugenzacyaha yabitangagaho raporo bihinduka icyaha cya kabiri uwo mugabo yakurikiranwagaho.

Hari inkuru zatambutse kenshi mu Rwanda za bamwe mu bakozi ba RIB bafunzwe kubera ruswa.

Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, wagaragaje kenshi ko abakozi ba RIB baza mu bafatanwa ruswa kurusha abandi.

Icyakora ibyo uwo mukozi yakoze byo ni ibyo gushima.

Abandi ni abapolisi bakora mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda n’abashinjacyaha.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, Dr. Thierry B. Murangira yatangaje ko abakora ibyaha birimo n’ibyo bariya bashinjwa, bakwiye kubireka.

Murangira asaba abaguzi kujya bagira amakenga ku bacuruzi bababwira ko bakwiye kugura ikintu runaka ngo ni uko kiri ku kiranguzo.

Ati: “Ukubwira ko akugurisha inzoga ku kiranguzo, we aba yararanguye he?”.

Umuvugizi w’Ubugenzacyaha asaba abantu kwirinda ibyaha birimo n’ibyeretswe itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri

Abafashwe bari basanzwe bakorera izo nzoga mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Ubwo inzoga bakoraga zafatwaga zashyiriwe ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa, Rwanda FDA, zirapimwa zisanganwa uburozi twavuze haruguru.

Bafashwe mu Ukwakira, 2024.

Ubugenzacyaha bwavuze ko nta makuru y’umuntu byaba byarahitanye ahari, ariko umukozi wa  Rwanda FDA avuga ko kunywa inzoga nka ziriya bigira ingaruka ku mutima n’umwijima by’uzinywa.

Izo nzoga zitera abazinywa guhuma ariko zaba nyinshi zikaba zanabahitana.

Urwego rw’ubugenzacyaha bwavuze ko mu bantu bafashwe bakurikiranyweho biriya byaha harimo na Mutwarasibo wari ufite inzu bariya bantu bakodeshaga.

Inzoga zafashwe zifite agaciro karenga miliyoni Frw 31 zikazangizwa kuko n’ubundi zisanzwe ari uburozi.

TAGGED:featuredGisoziInzogaMurangiraRIBUbugenzacyahaUbuziranenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hezbollah Iravugwaho Ububiko Bunini Bwa Zahabu N’Amadolari
Next Article Perezida Kagame Ari Mu Birwa Bya Samoa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?