Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuntu Ufite Umutekano Awuha Abaturanyi Be: DIGP Namuhoranye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Umuntu Ufite Umutekano Awuha Abaturanyi Be: DIGP Namuhoranye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 June 2021 7:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yaganirizaga abapolisi bari bamaze iminsi mu mahugurwa y’uburyo bakorana n’abaturage, Umuyobozi wungiriije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa DIGP/Ops Felix Namuhoranye yababwiye ko buryo umuturage utekanye niwe uha abandi umutekano.

Ni amahugurwa  yitabiriwe  n’abayobozi ba Polisi mu turere, ku mirenge ndetse n’abahagarariye abandi mu mashami atandukanye.

Yakozwe hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 aho babanje kwipimisha COVID-19, kwambara agapfukamunwa, guhana intera hagati y’umuntu n’undi ndetse no gukaraba mu ntoki n’amazi meza n’isabune.

Bahawe amasomo arenga 30, muri yo harimo imyitwarire, imikorere  ya kinyamwuga n’indangagaciro, uruhare rwa Ndi Umunyarwanda mu kubanisha Abanyarwanda nyuma ya Jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994, uburyo bwo gukumira ibyaha bitaraba, uruhare rw’itangazamakuru mu gukumira ibyaha, kurwanya iterabwoba n’uruhare rw’umuturage mu kwicungira umutekano  n’ibindi.

Ku  byerekeye uruhare rw’umuturage mu kwicungira umutekano DIGP/OPs Namuhoranye yasobanuriye abitabiriye amahugurwa ibyo umuturage agomba kuba yujuje by’ibanze kugira ngo abe afite umutekano

Ati: “Umutekano ugaragarira mu kuba umuturage afite imibereho myiza, ibyo kurya, atuye ahantu hatamuteza ibibazo, atarwaye, nawe ubwe afite umutekano akawuha n’abo baturanye.  Umuturage naba adafite ibyo kurya akajya kubishaka anyuze mu nzira zo kwiba icyo gihe azaba akoze icyaha, ibyiza rero ni uko mwamwigisha uko yiteza imbere akabasha kubona iby’ibanze bityo icyo gihe muzaba mukumiriye icyaha kitaraba.”

Yabwiye Abapolisi ko mu byo bakora byose bagomba kujya babikorana n’abaturage kuko aribo bagenerwabikorwa ndetse bagafatanya n’izindi nzego kuko ari byo bizabafasha kugera ku nshingano zabo zo gukumira ibyaha bitaraba.

Ati “Gucunga umutekano ntabwo ari ukurwanya ibyaha gusa, mukwiye kujya mwegera abaturage mukaganira nabo mukumva ibibazo bafite ibyo mushoboye gukemura mukabafasha kubikemura ibyo mudashoboye mukabigeza ku nzego zibifite mu nshingano. Mushobora gusanga ibibazo bafite aribyo kenshi biba intandaro y’ikorwa ry’ibyaha biboneka muri ako gace.”

Umuyobozi wungirije muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa  DIGP/OPs Namuhoranye Felix  yarangije ijambo rye ashimangira ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage (Community Policing) ari ingenzi mu bikorwa bya Polisi y’u Rwanda mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Abapolisi bahuguwe uko barushaho gukorana n’abaturage.

Umwe mu bitabiriye aya mahugurwa, Assistant Inspector of Police (AIP) Amiel Tuyishimire,  umupolisi ukorera mu Karere ka Ngororero yavuze ko ariya mahugurwa yayungukiyemo byinshi birimo uburyo bwo kwakira no gukorana n’abaturage neza .

Iki ni ikiciro cya mbere gihuguwe kigizwe n’abapolisi 110, biteganyijwe ko bazahugurwa mu byiciro bitatu aho n’ubundi buri kiciro kizaba kigizwe n’abapolisi 110.

Polisi y’u Rwanda ifite ishami rishinzwe imikoranire n’abaturage ryitwa Community Policing. Riyoborwa na Commissiner of Police( CP) Bruce Munyambo.

Niryo rishinzwe urubyiruko rw’abakorera bushake mu gukumira ibyaha rugize ikitwa Rwanda Youth Volunteers in Community Policing.

Ku rwego rw’igihugu uru rubyiruko ruyoborwa na Bwana Abdallah Murenzi, usanzwe uyobora Federasiyo nyarwanda y’umukino w’amagare, akaba yarigeze no kuyobora Akarere ka Nyanza ndetse n’Ikipe ya Rayon Sports.

Inteko yaguye y’abagize Rwanda Youth Volunteers in Community Policing
TAGGED:AbanyarwandaAbaturagefeaturedImiberehoPolisiUmutekanoUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abana B’I Rwamagana Bavuga Ko Ababyeyi ‘Bababuza’ Kuvuga Ihohoterwa Bakorewe
Next Article Kubika Amakuru Byahinduye Isura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?