Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunya Ghana Aravugwaho Gusumba Abandi Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umunya Ghana Aravugwaho Gusumba Abandi Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 January 2023 3:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sulemana Abdul Samed ni umugabo wo muri Ghana uvugwaho kuba muremure kurusha abandi ku isi muri iki gihe. Abaganga baherutse kumubwira ko yarengeje igipimo cy’uburebure busanzwe buzwi ku bantu basanzwe.

Kugeza ubu barapimye basanga afite metero 2,89 ariko ngo akomeje gukura kuko afite imyaka 29 y’amavuko.

Muri iki gihe ari kwitabwaho n’abaganga ngo barebe uko bamufasha kubana n’iyo mimerere ye idasanzwe.

Ni imimerere abahanga biga  gigantism, ibi bikaba ari imimerere yerekana umuntu muremure cyane mu buryo budasanzwe.

Ituma uwo muntu akenera ibiribwa buhagije kugira ngo umubiri we uba wubatse neza kandi agafashwa gukora imyitozo ngororamubiri imufasha gukomeza amagufwa no kwirinda ko umubiri we wabika ibinure akabyibuka cyane bikamunanira kugenda.

Ni ngombwa kuzirikana kandi ko umutima w’umuntu muremure ukenera imbaraga nyinshi kugira ngo usunike amaraso agere mu bwonko no mu bindi bice by’umubiri birimo n’ibirenge.

Sulemana Abdul Samed ubu ari gushaka uko yabana n’iki kibazo kuko gisaba amafaranga n’ubumenyi bihagije kugira ngo bitamubera ikibazo gikomeye cyane.

Kubera aho yakuriye n’aho atuye muri iki gihe, afite ikibazo cyo kumenya mu by’ukuri uko areshya.

Bamubwiye ko ashobora kuzaca agahigo k’umuntu muremure gusumba abandi ku isi kandi ko ugaciye agahemberwa iyo yanditswe mu gitabo kitwa Guinness World Book of  Records.

Sulemana yakunze kugira ikibazo cyo kubona ahantu yakwegama ngo bapime uburebure bwe kubera ko inzu zose zo mu gace atuyemo azisumba.

Umugabo wiyemeje kumupimisha metero y’abafundi nawe  yagize ikibazo cyo kubona ingazi akandagiraho kugira ngo amugere ku musatsi ahereye ku birenge.

Kugeza ubu umuntu muremure ku isi ni umunya Turikiya witwa Sultan Kösen, akaba afite metero 2,52, bivuze ko uriya munya Ghana amusumbaho sentimetero 30.

Hejuru y’ibi kandi ngo aracyakura kubera ko yiyongeraho izindi santimetero runaka hagati y’amezi atatu n’amezi atanu.

BBC yanditse ko abaganga bavuga ko uburwayi bw’uriya mugabo bugomba guhagarikwa binyuze mu kumubaga mu bwonko kugira ngo bahagarike imisemburo imugira muremure uko bukeye n’uko bwije.’

Ni muremure cyane k’uburyo amayunguyungu ye agera ku ntugu cyangwa ijosi ry’aba bagabo(Ifoto@BBC)
Inzu nyinshi zo mu gace atuyemo arazisumba(Ifoto@BBC)
TAGGED:BBCGhanaUburebureUburwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rutsiro: Agace Kari Mu Twa Mbere Twibasirwa N’Inkuba Ku Isi
Next Article Ngororero: Bafatanywe Toni 1 N’Ibilo 390 Y’Ibuye Ry’Agaciro Rya Lithium
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?