Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyamakuru Yiyanditseho Inkuru Imukoraho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Umunyamakuru Yiyanditseho Inkuru Imukoraho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2024 11:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusore w’umuhanga mu kwandika inkuru ukomoka muri Pologne aherutse kwiyandikaho inkuru y’uburyo yakuze ari umusinzi uhohotera abagore ariko akaza kubyigobotora.  Iyo nkuru yarakunzwe ariko biza kurangira imukozeho…

Umwe mu bakobwa yaterese nawe ukora itangazamakuru yaje gutangaza ko uwo musore ‘yiyibagije’ kwandika ko yamusambanyije ku ngufu.

Umunyamakuru wikozeho iyo nkuru ikamukoraho yitwa  Marcin Kacki. Mu nkuru ye, yagarutse ku bibazo yahuye nabyo akiri muto,  avuga ko inzoga zari zaramubase kandi muri icyo gihe ko yaranzwe no kwitwara nabi.

Mu nyandiko ye, yasobanuriye abasomyi uko yitwaye muri icyo gihe cyose.

Yanditsemo ibiganiro yagiranye n’abahoze ari abakunzi be ariko umwe muri bo yaje kuvuga ko mu byo uwo musore yavuze yiyibagije kuvuga ko yigeze kumusambanya ku gahato.

Ibyo byatumye abo mu kinyamakuru yakoreraga bahita batangira kubikurikiranira hafi, baza kumwirukana.

Ikinyamakuru akorera kitwa Gazeta Wyborcza, akaba yarashyizemo inyandiko irambuye yaranze imyitwarire ye idahwitse.

Yanditsemo ko mu myitwarire ye y’ubusinzi yamuranze mu gihe kirekire yamaze yarabaswe n’agatama, hari abagore benshi yakomerekeje mu buryo bw’amarangamutima.

Umwe muri abo bagore nawe w’umunyamakuru wandikira ikitwa Polska yasohoye inyandiko agira ati: ‘ Nanjye ndi umwe muri abo yagiriye nabi kandi ndababwira ko ibintu bitagenze neza. Ese Marcin niba warashakaga kuvuga ko wahemutse kandi wasabye imbabazi, kuki utavuzemo ibya mfura mbi wankoreye?”

Uyu mugore yitwa Karolina Rogaska.

Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza kitwa Telegraph cyanditse ko Rogaska avuga ko ababazwa n’abantu bigira ‘nyoni nyinshi’ bakavuga ko bihannye, ko basaba imbabazi kandi izo ari imbabazi za bihehe.

Uko ibintu byakomezaga kuvugwa, ni uko n’abandi bantu batangaje ko hari ibyo banenga inyandiko y’uyu munyamakuru kugeza ubwo ikinyamakuru akorera kibonye ko kigomba kwicarira iki kibazo.

Aho ibintu byakoremereye kandi ni uko ubwanditsi bwacyo bwaje gusanga uriya musore yarihaye uburenganzira bwo kwandika iriya nyandiko atabiganiriyeho n’umwanditsi ngo barebe niba n’iyo nyandiko ikenewe.

Umwanzuro waje kuba uw’uko ahagaritswe mu banyamakuru.

Nyirubwite avuga ko yanditse iriya nyandiko mu rwego rwo kwereka bagenzi be ko umuntu ashobora guhinduka, akareka inzoga n’imyitwarire bigendana.

Iryo ngo niryo kosa yaba yarakoze ariko naryo ngo ntabwo aryicuza.

Umunyamakuru wikozeho iyo nkuru ikamukoraho yitwa Marcin Kacki
TAGGED:BwongerezafeaturedInyandikoUmugoreUmukobwaUmunyamakuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Bishe Uwo Bitaga Umujura, RIB Iti:’ Mureke Kwihanira’
Next Article Gisagara: Huzuye Uruganda Rw’Amashanyarazi Akomoka Kuri Nyiramugengeri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?