Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyamerika Yanduye Imbasa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umunyamerika Yanduye Imbasa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2022 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo utatangajwe amazina niwe Munyamerika wa mbere wanduye imbasa mu myaka irenga 10 ishize. Kuba uriya mugabo yanduye iriya ndwara isa n’iyacitse ku isi ni ikintu cyatumye abakora mu nzego z’ubuzima bikanga.

Bafite impungenge ko virusi itera imbasa yaba yagarukanye imbaraga zidasanzwe.

Uwanduye ni umwe mu baturage ba Leta ya New York w’ahitwa Rockland County.

Imbasa ituma imitsi n’imikaya  bitakaza ubushobozi bwo gukora. Ni ibyo bita  paralysis.

Inzego z’ubuzima zivuga ko bishoboka ko uriya mugabo atigeze akingirwa iriya ndwara akiri umwana.

Umunyamerika waherukaga kandura iriya virusi yagaragaye mu mwaka wa 2013.

Mu myaka ya 1950 imbasa yigeze guca ibintu muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yanduza abantu benshi.

Guverinoma yahise itangiza umurimo wamaze igihe wo gukingira abaturage k’uburyo mu mwaka wa 1955 hafi ya bose bari barakingiwe imbasa.

Imyaka yakurikiyeho yatumye ubwandu bw’imbasa bujya hasi k’uburyo mu mwaka wa 1979 imbasa yafatwaga nk’iyarangiye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Imbasa ni indwara ikomeye kuko iyo itishe uwo yafashe, ishobora kumumugaza burundu.

Abana b’Abanyamerika bahabwa urukingo rw’imbasa inshuro enye. Urukingo rwa mbere baruhabwa bafite amezi abiri.

Ikigo cy’Amerika gishinzwe kurwanya indwara n’ibyorezo kitwa US Center for Diseased Control and Prevention kivuga ko abana b’Abanyamerika bakingirwa imbasa inshuro enye.

Amakuru y’uko uriya muturage yanduye imbasa yatumye inzego z’ubuzima zo muri kiriya gihugu zitangiza gahunda yo gukingira abaturage.

Yatangiye kuri uyu wa Gatanu taliki 22, ikazarangira taliki 25,Nyakanga, 2022.

Ku isi ahantu hakigaragara imbasa kurusha ahandi ni muri Afghanistan na Pakistan.

BBC yanditse ko mu Bwongereza n’aho ababyeyi basabwe kureba niba abana babo bose barafashe inkingo zuzuye z’imbasa, abatarazifashe bakabikora.

TAGGED:AmerikafeaturedImbasaIndwaraUmugabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inama Ku Bibazo Bya DRC Zirakomeje
Next Article ‘Umutekano Uhagaze Neza Mu Gihugu No Ku Nkiko Zacyo’-Minisitiri W’Umutekano Gasana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?