Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yiciwe Urw’Agashinyaguro Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Umunyarwanda Yiciwe Urw’Agashinyaguro Muri Uganda

admin
Last updated: 07 June 2021 9:57 pm
admin
Share
SHARE

Umunyarwanda wamenyekanye ku mazina ya Bazambanza Munyemana yiciwe muri Uganda mu buryo bw’agashinyaguro, umurambo we uza kujugunywa ku mupaka w’u Rwanda.

Umubiri w’uyu musore wabonetse kuri uyu wa 6 Kamena ahagana saa saba z’amanywa, bigaragara ko yakubiswe ndetse agatwikwa.

Bazambanza w’imyaka 21 yakomokaga mu Karere ka Burera, yari amaze igihe gisaga imyaka ine akorera imirimo itandukanye mu gace ka Butandi mu karere ka Kabale muri Uganda.

Hari amakuru ko yaje guterwa n’abagizi ba nabi barimo uwari umukoresha we, bamusanga mu rugo bamukubita ingiga y’igiti, baza no kumutwika yambaye ubusa.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal yemeje ko amakuru babonye ari uko uriya musore yiciwe muri Uganda, abanya-Uganda baza kumujugunya ku mupaka, ku ruhande rw’u Rwanda.

Ati “Amakuru twabonye ni uko yazanywe n’abagande bakamujugunya iwacu, bamuzanye ku manywa abaturage bareba.”

Ni ubugizi bwa nabi bwagwiriye uyu musore mu gihe abanyarwanda bamaze igihe bagirirwa nabi muri Uganda, ibintu byazambije umubano w’ibihugu byombi.

Abagizi ba nabi bamaze kwica Bazambanza, bahise bamuboha bamujyana hafi y’umupaka w’u Rwanda mu karere ka Burera, mu murenge wa Kivuye.

Hari aakuru ko ibyo byose bariya bagizi ba nabi babikoze ku manywa y’ihangu.

Abaturage bakibibona bahise bamenyesha ubuyobozi, umurambo bawujyana mu bitaro bya Butaro ngo ukorerwe isuzumwa, mu gihe iperereza rigikomeje.

Abanyarwanda benshi bakomeje gukorerwa iyicarubozo muri Uganda benshi bakahaburira ubuzima, kandi ntihagire ukurikirana.

Mu baheruka harimo Felicien Mbonabaheka wishwe mu gihe gishize ubwo yageragezaga gukiza umunyarwanda wari umerewe nabi n’abagizi ba nabi muri Uganda. Bamutemye umutwe n’amaguru, ndetse bahita banamushyingura umuryango we utamenyeshejwe.

Ni kimwe na Emmanuel Mageza wishwe, umubiri we ntushyikirizwe umuryango we.

U Rwanda rwakomeje gusaba Uganda guhagarika iyicarubozo rikorerwa abanyarwanda, ariko kugeza magingo aya nta gisubizo kiraboneka.

U Rwanda kandi rushinja Uganda gucumbikira abantu bagamije kuruhungabanyiriza umutekano.

 

TAGGED:featuredUgandaUmubanoumupaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuti Wa Mbere Urinda Abageze Mu Zabukuru Indwara Yo Kwibagirwa Wakozwe
Next Article Kuki Banki Za Kenya Zikomeje Kwigarurira Isoko Ry’U Rwanda?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?