Umunyarwandakazi Aracyari Inyuma Mu Ikoranabuhanga

Abayobozi mu nzego z’imibereho myiza cyane cyane iyifatanye isano ya hafi n’abagore bemeza ko kuba Abanyarwandakazi bakoresha ikoranabuhanga bakiri bake, bibadindiza mu iterambere.

Kuba ari bake biterwa n’impamvu zirimo kutagira ibikoresho bihagije, kutarigiraho ubumenyi n’ibindi.

Izi mbogamizi zagarutsweho n’inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere ry’umugore  (UN Women/Rwanda) n’abandi bitabiriye inama nyunguranabitekerezo ku mibereho y’umugore cyane cyane irebana n’imikoreshereze y’ikoranabuhanga.

Nka sosiyete sivile,  Ingabire Marie  Immaculée  uyobora Transparency International Rwanda  (TI-Rwanda), yagaragaje  Umunyarwandakazi adahagaze neza  mu ikoranabuhanga.

- Advertisement -

Yabwiye itangazamakuru ati: “Ntabwo ahagaze neza, ikoranabuhanga ubundi ni kimwe mu bintu bituma abantu batera imbere. Kugira ngo urikoreshe  neza birasaba ibintu bitatu abagore batarageraho neza; icya mbere birasaba kuba ujijutse ukoresha n’ururimi rurenze rumwe, rurenze Ikinyarwanda kandi abagore b’Abanyarwandakazi bafite ubwo bushobozi si benshi.”

Ingabire Marie Immaculee avuga ko hari intambwe ndende Umunyarwandakazi agomba gutera mu rwego rw’ikoranabuhanga

Kutagira ibikoresho by’ikoranabuhanga bihagije nabyo bizitira Umunyarwandakazi mu gukoresha ikoranabuhanga.

Abanyarwandakazi bafite telefoni zigezweho ntibaragera kuri 20%, nk’uko abivuga.

Ingabire avuga ko Abanyarwandakazi bafite mudasobwa bo bashobora kuba batagera kuri 5%.

Ikindi ni uko n’amashanyarazi mu ngo z’Abanyarwanda( zimwe ziyobowe n’abagore) ntaragera kuri bose kandi ngo abe ari amashanyarazi ahoraho.

Ku birebana n’icyakorwa mu guhangana n’izo mbogamizi Ingabire Marie Immaculée  avuga ko impande zose zigomba gukorana.

Umunyapolitiki ati: ‘ Ntiduhagaze nabi’

Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri   Batamuliza Mireille we asanga abagore badahagaze nabi mu ikoranabuhanga.

Ati: “Navuga ko tudahagaze nabi, niba duhereye ku gutunga ibikoresho by’ikoranabuhanga, abagore ntabwo basigajwe inyuma ndetse hari na gahunda za Leta zagiye zizamura uwo mubare.”

Umunyamabanga Uhoraho muri MIGEPROF Batamuliza Mireille

Batamuliza avuga ko imibare yerekana ko abagore bari gutera imbere mu gutunga no gukoresha ikoranabuhanga.

Avuga ko ku ikindi cyerekana ko abagore n’abakobwa bari gutera imbere mu ikoranabuhanga ari uko n’umubare w’abakobwa baryiga ndetse bakarifatanya na siyansi biyongereye.

Batamuliza ati: “ Hari imishinga itandukanye ikangurira urubyiruko kwinjiramo no gushaka ibisubizo  bakoresheje ikoranabuhanga.”

Yemeza ko hari abagore mu byiciro bitandukanye bakoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga bakabikoresha neza bikabyara imishinga ibabyarira igihugu inyungu.

Uwari uhagarariye UN Women witwa Jennet Kem avuga ko binyuze muri gahunda  yo guhugura abana b’abakobwa mu ikoranabuhanga, hari  abamaze kuba ba rwiyemezamirimo bakomeye.

Iriya nama yigaga ku iterambere ry’ikoranabuhanga mu bagore yabereye mu Rwanda yateguraga indi  mpuzamahanga ibera i New York buri mwaka itegurwa n’Umuryango w’Abibumbye.

Iba mu rwego rwo kureba ibibazo bikibangamiye iterambere ry’umugore bigashakirwa  ibisubizo.

Iy’umwaka wa 2023 iteganyijwe ku wa 6-17Werurwe.

Insanganyamatsiko yaganiriweho n’iyo kuzamura umubare w’abagore n’abakobwa mu bijyanye no kugera ku ikoranabuhanga no kugira ibikoresho byaryo haba ku bagore bize n’abatarize, abari mu mijyi no mu cyaro.

N’ubwo Leta y’u Rwanda ikora uko ishoboye ngo izamure urwego rw’ikoranabuhanga mu bagore nk’uko Finscope 2020 ibigaragaza, haracyari byinshi byo gukora mu gihe kiri imbere.

Mu igaragaza ko nibura 80% by’abagore baba mu matsinda yo kwizigamira cyangwa bagakoresha bene ubwo buryo ‘buciriritse’ mu kubona serivisi z’imari.

Finscope yerekana ko  kuri serivisi za Mobile money, imibare yagaragaje ko mu bantu miliyoni 6.2 bari batunze telefoni igendanwa, abagore ari 84% ugereranyije n’abagabo 90%.

Ni intambwe nziza ariko ikeneye kongerwamo imbaraga.

Mu Mibare : Umugore Mu Rwanda Ahagaze Ate ?

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version