Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuryango W’Abibumbye Uramagana Ubwicanyi Bubera Muri Senegal
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuryango W’Abibumbye Uramagana Ubwicanyi Bubera Muri Senegal

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2023 12:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburenganzira bwa muntu ryatangaje ko rihangayikishijwe n’ubwicanyi buri kubera muri Senegal.

Kuva imidugararo yatangira mu ntangiriro za Kamena, abantu 16 barishwe, abandi 500 barakomereka bitewe n’imyigarambyo ihamaze igihe.

Yatewe n’uburakari bwazamuwe n’ifungwa rya Ousmane Sonko utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Dakar.

Umuryango w’abibumbye uvuga ko ikibazo gikomeye muri iki gihe, ari uko polisi iri gukoresha amasasu ya nyayo mu gukwiza imishwaro abigaragambya bigatuma hari abahasiga ubuzima.

Umuvugizi w’iri shami witwa Seif Magango avuga ko n’ubwo Leta yashyizeho itsinda ry’abantu bakora iperereza kuri ibyo bikorwa, ikibazo gihari ari uko badahabwa rugari.

UN ivuga kandi ko abantu bose bizagaragara ko bagize uruhare muri ruriya rugomo rwahitanye abantu, akwiye kuzagezwa mu butabera hitatiwe ku kintu icyo ari cyo cyose.

Isaba ubutegetsi bwa Dakar ko bwafungura imwe muri televiziyo buherutse gufunga.

Ni yitwa Walfadjiri TV ikaba yari irimo ikurikirana uko imyigaragambyo yagendaga.

Icyo gihe Leta yatangaje ko iriya TV izafungwa mu gihe cy’iminsi 30.

Senegal irasabwa kandi gusubizaho murandasi aho ari ho hose mu gihugu kugira ngo abafite iby’ingenzi bashaka kuyikoresha, babikore batabangamiwe n’ibibazo byatewe n’abigaragambya.

UN ivuga ko Senegal itagombye gupyinagaza abaturage bayo yitwaje ko iri gukumira ko hari abazabangamira imyiteguro y’amatora y’Umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mwaka wa 2024.

TAGGED:AbibumbyeSenegalUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurashaka Kuba Uruganda Rw’Imiti Ivura Abanyafurika
Next Article Abasenateri Bagiye Kureba Uko Abatuye Imidugudu Babayeho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?