Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusore W’i Nyanza Yakubise Se Isuka Mu Mutwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umusore W’i Nyanza Yakubise Se Isuka Mu Mutwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2023 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Ntyazo mu Kagari ka Cyotamakara mu Karere ka Nyanza haravugwa umusore wakubise Se isuka mu mutwe aramukomeretsa ‘bikomeye’.

Abaturanyi b’aho bavuga ko uwo musore asanzwe anywa urumogi.

Intandaro y’urwo rugomo ni imitungo nk’uko abaturanyi babo babibwiye itangazamakuru.

Uwabikoze afite imyaka 31 y’amavuko akaba yakubise  isuka Mpayamaguru w’imyaka 68.

Ubuyobozi bw’Akagari ka Cyotamakara buvuga ko uriya musore asanzwe ari igihararumbo kuko anywa urumogi rwinshi kandi kenshi ndetse akagerekaho n’inzoga z’inkorano.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyotamakara witwa Safari Jean de Dieu yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ati: “Mu bigaragara anywa inzoga z’inkorano. Bikekwa ko yaba ananywa urumogi kandi asanzwe agira imyitwarire mibi.”

Ukekwaho gukubita Se  isuka akamwahuranya yajyanwe kuri sitasiyo ya  RIB iri  Ntyazo.

Umusaza Mpayamaguru yajyanywe ku bitaro bya Nyanza ngo yitabweho n’abaganga.

Uriya musore yari asanzwe abana na Se mu rugo iwabo.

Abaturage baributswa ko kunywa ibiyobyabwenge bigira ingaruka ku mibanire y’abantu harimo urugomo n’ibindi bigize ibyaha.

TAGGED:ImitungoIsukaNyanzaRIBSeUmusoreUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibisanduku Bizubakwamo Inganda Z’Inkingo Byageze Mu Rwanda
Next Article DRC: Ubwoba Bw’Uko Ikirunga Cya Nyamuragira Cyaruka Ni Bwinshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburayi Bwatanze Miliyoni € 2 Zo Gufasha Abo Muri Kivu Y’Amajyepfo

Minisitiri Ingabire Yabwiye Isi Uko u Rwanda Rwimakaje Ikoranabuhanga

Umusaruro Wa RSSB Wikubye Kabiri Mu Myaka Itatu

Uko DJ TOXXYK Yireguye Mbere Y’Uko Hemezwa Ko Afungwa By’Agateganyo

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?