Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2026 2:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Dr. Vincent Biruta.
SHARE

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta asaba abantu kumva no kwemera ko umutekano wo mu muhanda urenze kugera iyo ujya amahoro, ahubwo uvuze no kugira ubuzima bwiza bituma abantu bakora bakiteza imbere.

Dr. Vincent Biruta avuga ko ubukangurambaga bwo gusaba abantu kwitwararika mu muhanda  bugamije kubibutsa ko umutekano wo mu muhanda ari inshingano buri wese yifiteho akazigira no kuri mugenzi we.

Minisitiri yagize ati: “Ubu bukangurambaga buteza imbere amahoro n’umutekano wo mu mihanda, bwibutsa buri wese ko inshingano ari izacu twese.”

Imihanda ni ibikorwa remezo by’ingenzi bihuza abantu hagati yabo, bikabafasha kugera aho bakeneye kubonera ibyo bakeneye birimo amasoko, ibitaro, amashuri n’ibindi bituma ubukungu butera imbere, bigafasha imibanire y’abantu.

Ariko iyo abakoresha umuhanda birengagije amategeko y’umuhanda cyangwa bakitwara nabi, Biruta avuga ko iyo mihanda ishobora guhinduka isoko y’ibihombo, ahantu hateye ubwoba kandi bigahunganya abantu.

Ubukangurambaga ashaka kuvuga aha ni ubwitwa “Turindane Tugereyo Amahoro” bukorwa na Polisi igamije kwibutsa abantu ko umutekano wo mu muhanda ureba buri wese, akabera mugenzi we ingabo imurinda akaga gaterwa n’impanuka.

Ubu bukangurambaga busaba abaturage kureka imyitwarire idahwitse nko kuba nyamwigendaho, ahubwo bakimakaza ikinyabupfura, kwihangana no kubaha abandi.

Kubahana no koroherana biri mu bishobora kugabanya impanuka, kandi bituma abakoresha umuhanda batirinda ubwabo gusa, ahubwo bakarinda n’abandi baturage.

Minisitiri Biruta ati: “Nta terambere rishoboka hatabayeho umutekano, kandi umutekano ntushoboka hatabayeho inshingano zifatanyijwe. Iyo abatwara ibinyabiziga, abanyamaguru, abanyonzi n’inzego zibishinzwe bafatanyije, imihanda ihinduka inzira zitekanye zigana ku iterambere aho kuba ahantu h’ibyago.”

N’ubwo Polisi n’izindi nzego basaba abantu kwitwararika mu muhanda, bakoroherana ntibibuza ko hari abatabyubahiriza, ingaruka zikabageraho, zitaretse n’abandi.

Gutwara imodoka wanyoye ibisindisha biri mu bikururira abantu akaga.

Nk’ubu mu minsi yarangije umwaka wa 2025 ikanatangira uwa 2026 Polisi yafashe abantu barenga 90 batwaye ibinyabiziga kandi banyoye.

TAGGED:BirutaImpanukaPolisiUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya
Next Article Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?