Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuvugizi Wa RDF Agira Urubyiruko Inama Yo Kuzaba Ingirakamaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Umuvugizi Wa RDF Agira Urubyiruko Inama Yo Kuzaba Ingirakamaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2025 3:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Brig Gen Ronald Rwivanga hari inama aha urubyiruko.
SHARE

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brigadier General Ronald Rwivanga asaba urubyiruko kuzibukira imyitwarire igayitse irusiga icyasha, ahubwo rukimakaza Ndi Umunyarwanda, rukamenya guhanga udushya no kugira ubupfura.

Ubwo butumwa bukubiye mu kiganiro gito aherutse gutambutsa cyagarukaga ku mpamvu zateye ingabo zahoze ari iza RPA gufata umuheto zikaza kurasanira u Rwanda.

Muri cyo yagize ati:  “Uruhare rw’urubyiruko ni ugusigasira ibyagezweho, rukamenya kubungabunga ubuzima bwarwo, ntirwishire mu gukoresha ibiyobyabwenge”.

Rwivanga avuga ko urubyiruko rw’u Rwanda rugomba kugira indangagaciro z’Ubunyarwanda, rukarangwa n’imyitwarire myiza kandi rukamenya guhanga udushya kugira ngo bigirire akamaro Abanyarwanda muri rusange.

Gen Rwivanga yatangiye kuba Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda mu mwaka wa 2020.

Kuri we, ibyo u Rwanda rumaze kugeraho rubikesha ubumwe n’ubufatanye by’Abanyarwanda, bityo imwe mu ndangagaciro ikomeye u Rwanda rufite kandi igomba kuranga urubyiruko ikaba ari ‘gahunda ya Ndi Umunyarwanda’.

Ibyo byose asanga bikwiye gisigasirwa n’urubyiruko rukaba ari rwo rutuma biramba.

Muri iki kiganiro yatangiye ku Nteko ishinga amategeko, hafi y’ahari ikimenyetso cyerekaana ubutwari Inkotanyi zakoresheje mu guhagarika Jenoside no kubohora u Rwanda, Brigadier General Ronald Rwivanga yavuze ko icyo kimenyetso gifite igisobanuro gikomeye, cy’amaraso yamenekeye mu kubohora u Rwanda.

Ronald Rwivanga yatangiye kuba Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda mu Ukuboza, 2020.

Inama aha urubyiruko zije zikurikira umunsi wo kuzirikana akamaro ingabo zahoze ari iza RPA zagize ubwo zabohoraga u Rwanda, umunsi wizihizwa buri tariki 04, Nyakanga, buri mwaka guhera mu mwaka wa 1994.

Kuri iyi tariki muri iyi Nyakanga, Perezida Kagame yahaye ikiganiro abari baje kuyizihiriza muri Kigali Convention Center, ababwira, bo n’abandi Banyarwanda muri rusange, ko ibyago byabaye ku Rwanda mu mwaka wa 1994 byabaye inshuro imwe rukumbi, ko bitazongera ukundi.

Yavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukwiye kuzahora ruharanira ko u Rwanda rwihagazeho, ko rutazongera gusuzugurwa ukundi n’uwo ari we wese.

TAGGED:AmarasofeaturedIngaboRwivangaUmusirikareUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahitanywe N’Umwuzure Muri Texas Bageze Kuri 80
Next Article Nyuma Yo Gutandukana Na Musk, Trump Yiyegereje Undi Muherwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Ivuga Ko Isiganwa Rya UCI Ryasukuye Ikirere Cya Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?