Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuvugizi Wa RDF Agira Urubyiruko Inama Yo Kuzaba Ingirakamaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Umuvugizi Wa RDF Agira Urubyiruko Inama Yo Kuzaba Ingirakamaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2025 3:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Brig Gen Ronald Rwivanga hari inama aha urubyiruko.
SHARE

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brigadier General Ronald Rwivanga asaba urubyiruko kuzibukira imyitwarire igayitse irusiga icyasha, ahubwo rukimakaza Ndi Umunyarwanda, rukamenya guhanga udushya no kugira ubupfura.

Ubwo butumwa bukubiye mu kiganiro gito aherutse gutambutsa cyagarukaga ku mpamvu zateye ingabo zahoze ari iza RPA gufata umuheto zikaza kurasanira u Rwanda.

Muri cyo yagize ati:  “Uruhare rw’urubyiruko ni ugusigasira ibyagezweho, rukamenya kubungabunga ubuzima bwarwo, ntirwishire mu gukoresha ibiyobyabwenge”.

Rwivanga avuga ko urubyiruko rw’u Rwanda rugomba kugira indangagaciro z’Ubunyarwanda, rukarangwa n’imyitwarire myiza kandi rukamenya guhanga udushya kugira ngo bigirire akamaro Abanyarwanda muri rusange.

Gen Rwivanga yatangiye kuba Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda mu mwaka wa 2020.

Kuri we, ibyo u Rwanda rumaze kugeraho rubikesha ubumwe n’ubufatanye by’Abanyarwanda, bityo imwe mu ndangagaciro ikomeye u Rwanda rufite kandi igomba kuranga urubyiruko ikaba ari ‘gahunda ya Ndi Umunyarwanda’.

Ibyo byose asanga bikwiye gisigasirwa n’urubyiruko rukaba ari rwo rutuma biramba.

Muri iki kiganiro yatangiye ku Nteko ishinga amategeko, hafi y’ahari ikimenyetso cyerekaana ubutwari Inkotanyi zakoresheje mu guhagarika Jenoside no kubohora u Rwanda, Brigadier General Ronald Rwivanga yavuze ko icyo kimenyetso gifite igisobanuro gikomeye, cy’amaraso yamenekeye mu kubohora u Rwanda.

Ronald Rwivanga yatangiye kuba Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda mu Ukuboza, 2020.

Inama aha urubyiruko zije zikurikira umunsi wo kuzirikana akamaro ingabo zahoze ari iza RPA zagize ubwo zabohoraga u Rwanda, umunsi wizihizwa buri tariki 04, Nyakanga, buri mwaka guhera mu mwaka wa 1994.

Kuri iyi tariki muri iyi Nyakanga, Perezida Kagame yahaye ikiganiro abari baje kuyizihiriza muri Kigali Convention Center, ababwira, bo n’abandi Banyarwanda muri rusange, ko ibyago byabaye ku Rwanda mu mwaka wa 1994 byabaye inshuro imwe rukumbi, ko bitazongera ukundi.

Yavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukwiye kuzahora ruharanira ko u Rwanda rwihagazeho, ko rutazongera gusuzugurwa ukundi n’uwo ari we wese.

TAGGED:AmarasofeaturedIngaboRwivangaUmusirikareUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahitanywe N’Umwuzure Muri Texas Bageze Kuri 80
Next Article Nyuma Yo Gutandukana Na Musk, Trump Yiyegereje Undi Muherwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?