Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuvugizi Wa RDF Agira Urubyiruko Inama Yo Kuzaba Ingirakamaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Umuvugizi Wa RDF Agira Urubyiruko Inama Yo Kuzaba Ingirakamaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2025 3:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Brig Gen Ronald Rwivanga hari inama aha urubyiruko.
SHARE

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brigadier General Ronald Rwivanga asaba urubyiruko kuzibukira imyitwarire igayitse irusiga icyasha, ahubwo rukimakaza Ndi Umunyarwanda, rukamenya guhanga udushya no kugira ubupfura.

Ubwo butumwa bukubiye mu kiganiro gito aherutse gutambutsa cyagarukaga ku mpamvu zateye ingabo zahoze ari iza RPA gufata umuheto zikaza kurasanira u Rwanda.

Muri cyo yagize ati:  “Uruhare rw’urubyiruko ni ugusigasira ibyagezweho, rukamenya kubungabunga ubuzima bwarwo, ntirwishire mu gukoresha ibiyobyabwenge”.

Rwivanga avuga ko urubyiruko rw’u Rwanda rugomba kugira indangagaciro z’Ubunyarwanda, rukarangwa n’imyitwarire myiza kandi rukamenya guhanga udushya kugira ngo bigirire akamaro Abanyarwanda muri rusange.

Gen Rwivanga yatangiye kuba Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda mu mwaka wa 2020.

Kuri we, ibyo u Rwanda rumaze kugeraho rubikesha ubumwe n’ubufatanye by’Abanyarwanda, bityo imwe mu ndangagaciro ikomeye u Rwanda rufite kandi igomba kuranga urubyiruko ikaba ari ‘gahunda ya Ndi Umunyarwanda’.

Ibyo byose asanga bikwiye gisigasirwa n’urubyiruko rukaba ari rwo rutuma biramba.

Muri iki kiganiro yatangiye ku Nteko ishinga amategeko, hafi y’ahari ikimenyetso cyerekaana ubutwari Inkotanyi zakoresheje mu guhagarika Jenoside no kubohora u Rwanda, Brigadier General Ronald Rwivanga yavuze ko icyo kimenyetso gifite igisobanuro gikomeye, cy’amaraso yamenekeye mu kubohora u Rwanda.

Ronald Rwivanga yatangiye kuba Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda mu Ukuboza, 2020.

Inama aha urubyiruko zije zikurikira umunsi wo kuzirikana akamaro ingabo zahoze ari iza RPA zagize ubwo zabohoraga u Rwanda, umunsi wizihizwa buri tariki 04, Nyakanga, buri mwaka guhera mu mwaka wa 1994.

Kuri iyi tariki muri iyi Nyakanga, Perezida Kagame yahaye ikiganiro abari baje kuyizihiriza muri Kigali Convention Center, ababwira, bo n’abandi Banyarwanda muri rusange, ko ibyago byabaye ku Rwanda mu mwaka wa 1994 byabaye inshuro imwe rukumbi, ko bitazongera ukundi.

Yavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukwiye kuzahora ruharanira ko u Rwanda rwihagazeho, ko rutazongera gusuzugurwa ukundi n’uwo ari we wese.

TAGGED:AmarasofeaturedIngaboRwivangaUmusirikareUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahitanywe N’Umwuzure Muri Texas Bageze Kuri 80
Next Article Nyuma Yo Gutandukana Na Musk, Trump Yiyegereje Undi Muherwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranwa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?