Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Mu Bwongereza Ati: ‘Mu Rwanda Si Ahantu Ho Kwishisha’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuyobozi Mu Bwongereza Ati: ‘Mu Rwanda Si Ahantu Ho Kwishisha’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 April 2023 10:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Suella Braverman ushinzwe umutekano imbere mu Bwongereza avuga ko abavuga ko mu Rwanda hazateza akaga abimukira bazahazanwa, bibeshya.

Avuga ko ahubwo mu Rwanda ari ahantu ho kwizerwa, ko nta muntu uhagera ngo ahagirire ibibazo atewe na Leta ihayobora cyangwa abaturage b’aho muri rusange.

Ubuyobozi bw’u Bwongereza bumaze iminsi mu biganiro na Guverinoma y’u Rwanda kugira ngo Londres izoherereze Kigali abimukira batuzwe mu Rwanda mbere y’uko ubusabe bwabo bwo kuba mu Bwongerezwa bwemezwa.

Kubohereza mu Rwanda byagombye kuba byaratangiye ariko byaje kwitambikwa n’umwanzuro w’Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu.

Rwavugaga ko kubohereza mu Rwanda bibangamiye uburenganzira bwa muntu.

Icyo gihe hari muri Mata, 2022.

Ku ruhande rw’u Bwongereza, iyi gahunda irakomeje kandi inkiko z’iki gihugu zemeza ko kohereza abimukira mu Rwanda bidatandukiriye amategeko.

Hashize igihe gito BBC ibajije Suella Braverman icyo avuga ku byigeze kuba mu Rwanda mu mwaka wa 2018 ubwo impunzi zigaragambyaga zivuga ko zirya ntizihage ndetse bikaza kugira ababigwamo, undi asubiza ko ibyo nta kintu abizi ho.

Yavuze ko uko byaba byaragenze kose, u Rwanda muri icyo gihe rwari rutekanye kandi ko rugitekanye.

Ati: “ Muri iki gihe turareba ibiriho mu mwaka wa 2023 ndetse n’indi izaza. Abacamanza bacu basanze gahunda dufitanye n’u Rwanda iciye mu mucyo kandi ntawe ihungabanyije. Mu Rwanda si ahantu ho kwishisha.”

Avuga ko gukorana n’u Rwanda mu byo kuhimurira abimukira ari ikintu kihutirwa.

U Bwongereza bwageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni $148 ruzifashisha mu gutuza no kwita kuri abo bimukira.

Perezida Kagame yigeze kubwira abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko abavuga ko rucuruza abantu bibeshya.

Yavuze ko Abanyarwanda ari abantu baha agaciro abandi kuko bazi icyo kugatakaza bivuze.

Perezida Kagame
TAGGED:AbanyarwandaAbimukiraBwongerezafeaturedKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingamba Za Burera Mu Kwikura Mu Ngaruka Za Kanyanga
Next Article Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Peteroli Byongeye Kugabanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?