Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Al Jazeera Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuyobozi Wa Al Jazeera Yatawe Muri Yombi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 November 2021 1:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bwana El Musalmi Kabbashi usanzwe ari umuyobozi wa Al Jazeera muri Sudani yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano kandi kugeza ubu nta mpamvu y’ifatwa rye iratangazwa.

Bisanzwe bizwi ariko ko iki kinyamakuru gifite icyicaro gikuru muri Qatar gikunze gutangaza bwa mbere amakuru y’ibibera mu bihugu by’Abarabu kurusha ibindi binyamakuru bikomeye ku isi.

Hari umunyamakuru wa Al Jazeera w’umugore nawe wigeze gutabwa muri yombi na Polisi ya Israel mu mezi macye ashize ubwo yari arimo akurikirana imyigaragambyo yaberaga hafi y’urukuta rw’i Yeruzalemu.

Umunyamakuru Givara Budeiri wa Al Jazeera ubwo yatabwaga muri yombi na Polisi ya Israel

Kubyerekeye umuyobozi wa Al Jazeera muri Sudani, amakuru atangazwa na Al Jazeera ubwayo avuga ko ubutegetsi bwo muri Qatar bwasabye ubw’i Karthoum kumurekura ‘bidatinze’.

Abashinzwe umutekano bamufashe bamusanze iwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatandatu tariki 13, Ugushyingo, 2021.

Ubutegetsi bw’i Doha mu Murwa mukuru wa Qatar bwasohoye itangazo risaba abafunze Bwana Kabbashi kumurekura kuko ikigo ayobora gikora kigenga kandi kitajya kigira uruhande mubihangaye kibogamiraho.

Al Jazeera yatangaje iti: “ Ibizaba ku bakozi bacu bizajya ku mutwe w’abategetsi ba Sudani.”

Mu mwaka wa 2019, abashinzwe umutekano bafunze ibiro bya Al Jazeera ndetse baka abakozi b’iriya televiziyo mpuzamahanga ibyangombwa bibemerera gukorera i Khartoum.

El Kabbashi afunzwe nyuma y’iminsi micye muri kiriya gihugu humvikanye amasasu n’ibyuka biryani mu maso byarashwe ku baturage bigaragambyaga bamagana ko Guverinoma iherutse gushyirwaho itagaragaramo abasivili bari mu bahoze muri Guverinoma yasheshwe mu minsi micye ishize.

Guverinoma iherutse gushyirwaho nayo iyobowe na General Abdel Fattah al-Burhan.

General Abdel Fattah al-Burhan.

Amahanga akomeje gusaba ko ubutegetsi buhabwa abasivili bukava mu ntoki z’abasirikare.

TAGGED:AbasirikareAl JazeerafeaturedIsraelPalestinePolisiQatarSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiri Gutegurirwa Muri Kivu Y’Amajyaruguru Ku Rwanda ‘Birakomeye’
Next Article Muri Kirehe Inka 13 Zapfiriye Rimwe Mu Buryo Bw’Amayobera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?