Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Al Jazeera Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuyobozi Wa Al Jazeera Yatawe Muri Yombi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 November 2021 1:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bwana El Musalmi Kabbashi usanzwe ari umuyobozi wa Al Jazeera muri Sudani yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano kandi kugeza ubu nta mpamvu y’ifatwa rye iratangazwa.

Bisanzwe bizwi ariko ko iki kinyamakuru gifite icyicaro gikuru muri Qatar gikunze gutangaza bwa mbere amakuru y’ibibera mu bihugu by’Abarabu kurusha ibindi binyamakuru bikomeye ku isi.

Hari umunyamakuru wa Al Jazeera w’umugore nawe wigeze gutabwa muri yombi na Polisi ya Israel mu mezi macye ashize ubwo yari arimo akurikirana imyigaragambyo yaberaga hafi y’urukuta rw’i Yeruzalemu.

Umunyamakuru Givara Budeiri wa Al Jazeera ubwo yatabwaga muri yombi na Polisi ya Israel

Kubyerekeye umuyobozi wa Al Jazeera muri Sudani, amakuru atangazwa na Al Jazeera ubwayo avuga ko ubutegetsi bwo muri Qatar bwasabye ubw’i Karthoum kumurekura ‘bidatinze’.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abashinzwe umutekano bamufashe bamusanze iwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatandatu tariki 13, Ugushyingo, 2021.

Ubutegetsi bw’i Doha mu Murwa mukuru wa Qatar bwasohoye itangazo risaba abafunze Bwana Kabbashi kumurekura kuko ikigo ayobora gikora kigenga kandi kitajya kigira uruhande mubihangaye kibogamiraho.

Al Jazeera yatangaje iti: “ Ibizaba ku bakozi bacu bizajya ku mutwe w’abategetsi ba Sudani.”

Mu mwaka wa 2019, abashinzwe umutekano bafunze ibiro bya Al Jazeera ndetse baka abakozi b’iriya televiziyo mpuzamahanga ibyangombwa bibemerera gukorera i Khartoum.

El Kabbashi afunzwe nyuma y’iminsi micye muri kiriya gihugu humvikanye amasasu n’ibyuka biryani mu maso byarashwe ku baturage bigaragambyaga bamagana ko Guverinoma iherutse gushyirwaho itagaragaramo abasivili bari mu bahoze muri Guverinoma yasheshwe mu minsi micye ishize.

- Advertisement -

Guverinoma iherutse gushyirwaho nayo iyobowe na General Abdel Fattah al-Burhan.

General Abdel Fattah al-Burhan.

Amahanga akomeje gusaba ko ubutegetsi buhabwa abasivili bukava mu ntoki z’abasirikare.

TAGGED:AbasirikareAl JazeerafeaturedIsraelPalestinePolisiQatarSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiri Gutegurirwa Muri Kivu Y’Amajyaruguru Ku Rwanda ‘Birakomeye’
Next Article Muri Kirehe Inka 13 Zapfiriye Rimwe Mu Buryo Bw’Amayobera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?