Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi W’Abarwanyi Ba Wagner Bari Bahindukiranye Putin YAHUNZE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuyobozi W’Abarwanyi Ba Wagner Bari Bahindukiranye Putin YAHUNZE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2023 3:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Yevgeny Prigozhin yategetse abarwanyi be baryaga isataburenge ingabo za Putin mu gikorwa bamwe bavugaga ko ari icyo kumuhirika, ko bagomba gusubira mu birindiro byabo biri muri Ukraine.

Prigozhin yahawe ubuhungiro muri Belarus kwa Perezida Lukashenko usanzwe ari inshuti na Perezida Putin.

Amakuru avuga ko hari inzego z’ubutasi zo mu bihugu birwanya Putin mu ntambara arimo na Ukraine zari zahaye Prigozhin miliyari $6  ngo ahendukirane Putin.

Uyu mugabo ngo yarazakiriye arangije abibwira Putin, amubwira ko nta kibazo abibonamo ahubwo ko yayakira vuba na bwangu ubundi agakora nk’aho ahindukiriye kumurwanya ubundi akazahita abihagarika.

Bivugwa ko yamaze kwakira ariya mafaranga, ubundi asaba ingabo ze kwatsa umuriro ku za Putin ndetse asatira umurwa mukuru Mosow.

Ibi byose ngo byakorwaga bya nyirarureshwa.

Mu buryo bw’amayeri yari yavuganyeho n’abarwanyi be, yaje guhagarika ibyo bitero abasaba gusubira muri Ukraine aho bahoze bakambitse, hanyuma Prigozhin we ahungira muri Belorus.

Itangazamakuru ryo mu Burayi rivuga ko ibimaze iminsi mike bibaye, byerekanye ko uruhande rwa Putin rufite ibyuho  mu butasi bwarwo.

Ku rukuta rwa Prigozhin rwa Telegram yahanyujije ijwi abwira abasirikare be ko bakwiye gusubira mu birindiro byabo.

Yumvikanamo ababwira ko ari icyemezo cyafashwe nyuma y’ibiganiro yagiranye na Perezida Lukansheko banga ko imivu y’amaraso yakomeza kumeneka.

Mu masezerano kandi harimo ko abarwanyi ba Wagner bari bitabiriye ibyo kujya guhirika Putin bahabwa imbabazi bagasubira muri Ukraine n’aho abatarabigizemo uruhare bakagira amasezerano bagirana na Minisiteri y’ingabo.

N’ubwo bivugwa ko kuva muri biriya birindiro byabaye ibintu Prigozhin yumvikanyeho na Lukansheko, ku rundi ruhande hari amakuru avuga ko abarwanyi be batishimiye kuba basubijwe inyuma kandi bari bakataje bagana i Moscow.

Hagati aho muri Ukraine ho bavuga ko ibyaraye bibaye kuri Putin byerekana ko adashoboye, kandi ko igihe icyo ari cyo cyose abo yibwiraga ko ari inshuti ze bashobora kumuhinduka.

TAGGED:AmafarangaBurusiyafeaturedIngaboPutinUbutasiUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biziritse Urumogi Ku Nda Barenzaho Amakoti
Next Article Kayonza: Uwishe Umugore N’Abana Be Yarafashwe Ariko Ntavuga Icyabimuteye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?