Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwana Wambaye Imyenda Y’Ingabo Za DRC Yafatiwe Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Umwana Wambaye Imyenda Y’Ingabo Za DRC Yafatiwe Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 November 2024 10:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umwana w'imyaka 17 niwe basanze yambaye impuzankano y'ingabo za DRC
SHARE

Mu Mudugudu wa Nyakabanda mu Kagari ka Rwangara mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu hafatiwe umwana w’imyaka 17 ufite imbunda wambaye n’impuzankano y’ingabo za DRC.

Abahatuye babwiye Bwiza.com dukesha iyi nkuru ko uwo mwana yafashwe saa saba z’amanywa, ariko ubuyobozi bw’Umurenge yafatiwemo bwirinda kugira byinshi bubitangazaho.

Uyu mwana bigaragara ko akiri muto yafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa AK 47 ifite umukandara bayihekesha uri mu mabara y’ibendera ry’u Rwanda( ubururu, umuhondo n’icyatsi kibisi), yambaye impunzankano y’ingabo za DRC na bote z’icyatsi kibisi.

Yafatiwe mu Kagari ka Rwangara mu Murenge wa Cyanzarwe.

Ifoto yafashwe imugaragaza yegamiye igiti cy’inturusu ahantu hari ubukonje kuko inyuma ye hagaragara ibihu byinshi.

Bivugwa ko yafatiwe ahiwa Muti, ahari posiziyo y’ingabo z’u Rwanda muri Cyanzarwe ya Rubavu.

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo umaze imyaka ucumbagira.

U Rwanda rushinja DRC gucumbikira no gutoza abaza kuruhungabanya, nayo ikarushinja gushyigikira umutwe wa 23.

Buri ruhande ruhakana ibyo urundi rururega.

Mu bihe bitandukanye, indege z’intambara za DRC zinjiye mu kirere  cy’u Rwanda ndetse muri Mutarama, 2023 hari iyarashwe ibaba.

Nyuma y’amezi abiri, ni ukuvuga muri Werurwe 2023, umusirikare wa FARDC yarasiwe i Rubavu, nyuma yo kwinjira arasa ku ngabo z’u Rwanda zicunga umutekano ku mupaka.

Muri Kanama, 2024 , hafi y’umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ku ruhande rwa Rubavu humvikanye urusaku rw’amasasu bikekwa ko yaraswaga n’umusirikari wa FARDC.

Ku byerekeye umwana waraye ufatiwe muri Cyanzarwe, kugeza ubu nta makuru y’icyamugenzaga aramenyekana kandi na DRC ntacyo irabitangazaho.

TAGGED:CongofeaturedIgisirikareImbundaImpuzankanoIngaboKurasaRubavuRwandaUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakebuye Abastar Bica Ikinyarwanda
Next Article Politiki Ivuguruye Y’Amerika Mu Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?