Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN Ifite Impungenge Ko Intambara Ya DRC Yakwira Hose Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

UN Ifite Impungenge Ko Intambara Ya DRC Yakwira Hose Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2025 2:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Guterres(Ifoto@the papers.ng)
SHARE

Ibiri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bimaze kugera ku rwego ruhanganyikishije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Antonio Guterres. Asanga bigeze ahakomeye ku buryo bishobora guhinduka intambara y’Akarere kose.

Imirwano muri kiriya gice iravugwa mu marembo y’Umujyi wa Goma ariko ntakirahinduka kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga.

Ahantu iri kuvugwa cyane ni mu Mujyi wa Sake uturanye na Goma.

Umuvugizi wa Guterres witwa Stéphane Dujarric  yavuze ko imirwano iri muri kiriya gice ikomeye kandi iri kototera kuba intambara y’Akarere.

Akarere avuga ni agahuriweho na DRC, u Rwanda, u Burundi na Uganda.

Ntawamenya niba na Tanzania itagira uruhande ifata mu zihanganye muri iyo ntambara.

Mu mpera za 2024 nibwo ibiganiro by’amahoro hagati y’u Rwanda na DRC byahagaze.

Byari bigamije kwigira hamwe uko amahoro muri kariya gace ka DRC yaboneka binyuze mu kuzuza inshingano zireba buri ruhande mu bikubiye mu masezerano yaganiriweho mu gihe cyatambutse.

Ingingo ivugwa ko ari yo yateye kutumvikana ni iy’uko M23 yagombaga gushyirwa mu biganiro, ikagira icyo ivuga ku byatumye ifata intwaro.

Iyo ngingo ubutegetsi bwa DRC bwarayanze ndetse Felix Tshisekedi aherutse gutangariza abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo i Kinshasa ko kuganira na M23 bidashoboka.

Yavuze kenshi ko M23 ari urwitwazo, ko mu by’ukuri u Rwanda ari rwo ruri kurwana.

U Rwanda rwo ruhakana ibi ahubwo rukemeza ko igisubizo cy’amahoro ari uko M23 nayo yagira uruhare mu biganiro by’amahoro, ikicarana n’abayobozi ba DRC.

Umunyamabanga mukuru wa UN, Antonio Guterres avuga ko ashyigikiye ibiganiro bya Luanda, agasaba buri ruhande kubahiriza imyanzuro yabyo.

Muri iyo myanzuro harimo uwo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyize ku mupaka warwo na DRC.

TAGGED:AkarereCongofeaturedGuterresIntambaraKurwanaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yahagaritse Inkunga Iha Amahanga Uretse Israel Na Misiri
Next Article Goma: Amaraso Yo Gutera Inkomere Mu Bitaro Yabuze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?