Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN Ntishyigikiye Uganda Mu Bitero Yagabye Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

UN Ntishyigikiye Uganda Mu Bitero Yagabye Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2021 10:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
MONUSCO
SHARE

Nyuma y’uko ingabo za Uganda zitangije intambara ku bagize Umutwe ADF baba muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Umuvugizi w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri kiriya gihugu(MONUSCO) witwa Mathias Gillman yavuze ko badashyigikiye iriya ntambara kandi ko nta bufasha na bumwe bazaha Uganda.

Hashize iminsi micye ingabo za Uganda, UPDF, zitangije intambara yeruye ku barwanyi ba ADF bamaze igihe baraciye ibintu mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Bivugwa ko Perezida Museveni wa Uganda yabanje kubyumvikanaho na mugenzi we Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo mbere y’uko ategeka ingabo ze kwambarira urugamba.

Mu kiganiro Umuvugizi wa MONUSCO yahaye abanyamakuru, yababwiye ko inshingano zabo zibabuza kugira igihugu bashyigikira kiramutse kije mu ntambara ibera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

The Monitor yanditse ko Gillman yabwiye abanyamakuru ati: “ Ubutumwa twahawe butwemerera gufasha ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo ariko ntibutwemerera kugira ikindi gihugu dufasha kiramutse kifatanyije n’ingabo z’iki gihugu.”

Mathias Gillman (Photo@The Monitor)

N’ubwo avuga ibi ariko, ni ngombwa kwibuka ko MONUSCO ifite abasirikare 14,000 bari muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu bikorwa byo guhangana n’abarwanyi bahagize indiri yabo.

Muri aba barwanyi harimo n’aba ADF.

Hari amashusho aherutse kugaragara ku mbunga nkoranyambaga yerekana ingabo za Uganda zirasa amasasu menshi bivugwa ko yoherezwaga mu birindiro bya ADF.

Iyi ADF ifite amateka maremare haba muri Uganda aho yavukiye haba no muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo aho itegurira ibikorwa byayo.

- Advertisement -

Yatangiye gukorera muri iki gihugu mu mwaka wa 2007.

Tugarutse ku byerekeye Uganda na UN, Perezida Museveni aherutse kuvuga ko abasirikare ba MONUSCO bagiye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo gukora ubukerarugendo.

Kuri we, ngo nta kintu gifatika cyahabajyanye uretse kurya amafaranga no gutembera.

Gillman we avuga ko ibikorwa bya gisirikare bihuje ingabo za Uganda n’iza Repubulika ya Demukarasi ya Congo bizagira ingaruka mbi ku baturage bo mu gace biri gukorerwamo.

Avuga ko kugira ngo ibikorwa bya ziriya ngabo bizagere ku ntego, ari ngombwa ko abaturage babigiramo uruhare, ntibashyirwe ku ruhande nk’indorerezi.

Yongeraho ko n’ibihugu byo mu Karere nabyo bigomba kugira uruhare runaka muri iriya ntambara ariko yirinze kugira ibyo avuga mu izina.

Intara ya Ituri aho intambara iri kubera ikubye kabiri ubunini bw’u Bubiligi.

Biteganyijwe ko ubutumwa bwahawe MONUSCO bugamba kuzarangira tariki 20, Ukuboza, 2021 nk’uko Umwanzuro Nomero 2556 wa UN wabyemeje mu mwaka wa 2020.

Imikorere ya ADF Iherutse Gushaka Guhungabanya U Rwanda Bigapfuba

TAGGED:CongoDemukarasifeaturedIngaboMuseveniUgandaUPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 2020-2021: Mu Rwanda Gukoresha Ikoranabuhanga Mu By’Ubuvuzi Byikubye 5
Next Article Inyungu Ya I&M Bank Rwanda Yazamutseho 46% Mu Mezi Icyenda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?