Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Wahoze Mu Buyobozi Bwa RCA Yafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Undi Wahoze Mu Buyobozi Bwa RCA Yafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2023 8:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Hakizimana Claver wari umukozi ushinzwe amasoko mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative, RCA, akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’imitangire y’amasoko.

Afunzwe mu gihe  uwahoze ayobora uru rwego witwa Prof Jean Claude Harerimana nawe yafunzwe akurikiranyweho ibyo Umuvugizi wa RIB yabwiye Taarifa ko ari ibyaha by’ubugome.

Claver Hakizimana afunzwe nyuma yo kudaha ibisubizo Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta, PAC.

Hari ku bibazo byo kutubahiriza amategeko mu mitangire y’amasoko.

Ni ibibazo byamugoye kubisobanura asaba imbabazi, ariko bamwe mu Badepite bamusabira gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera kugira ngo abibazwe.

Uwahoze ari umuyobozi we muri RCA witwa Prof Jean Claude Harerimana nawe yatawe muri yombi kubera impamvu ‘gukoresha nabi’ umutungo wa Leta.

Mu kiganiro Umuvuguzi wa RIB Dr. Thierry B. Murangira aherutse kubwira  Taarifa ko kuba Prof Jean Bosco Harerimana yafashwe bidashingiye k’ukuba yaranze kwitaba Komisiyo y’Abadepite y’ubukungu, PAC, ahubwo ari uko  RIB yari isanzwe imukurikiranaho ibyaha bikekwa ko yakoze ubwo yari umuyobozi wa RCA.

Yunzemo ko RIB yari isanzwe imukurikirana adafunzwe ariko ngo aho yangiye kwitaba PAC, RIB yagize impungenge z’uko yazamubura ku mpamvu z’iperereza ihitamo kuba imufunze.

Ubugenzacyaha buvuga ko ibyaha by’ubugome uyu mugabo aregwa bihanishwa igifungo cy’imyaka iri hagati y’itanu(5) n’imyaka irindwi(7).

TAGGED:AbadepitefeaturedHarerimanaKoperativeRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufatanye Bwa Polisi Na RDB Mu Guhugura Abacunga Umutekano Mu Mazi
Next Article Gahunda Ya BK Ntaho Itaniye N’Iya Leta-Dr. Diane Karusisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?