Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rwibuke Ko Rudakwiye Kwirinda COVID-19 Gusa…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Urubyiruko Rwibuke Ko Rudakwiye Kwirinda COVID-19 Gusa…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2022 9:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Utugari twa Nyakabungo na Nkusi Mu Murenge wa  Jali mu Karere ka Gasabo bwateguye umukino w’umupira w’amaguru wahuje amakipe y’urubyiruko muri utu tugari. Urangiye rwibukijwe ko gukoresha agakingirizo ku muntu wananiwe kwifata bikiri ingirakamaro mu kwirinda SIDA.

Kubera ko muri iki gihe Isi ihangayikishijwe na COVID-19, hari abavuga ko izindi ndwara zirengagijwe.

Muri izo ndwara harimo na SIDA bityo rero ni ngombwa ko urubyiruko rwibutswa ko iki cyorezo kigihari kandi kica.

Mu rwego rwo kwibutsa urubyiruko ko SIDA igihari, abayobozi bo mu Tugari twavuze haruguru bateguye umukino wa gicuti kugira ngo urubyiruko rusabane ariko nyuma y’uwo mukino baganirizwa akamaro ko gukoresha agakingirizo ku bananiwe kwifata.

Insanganyamatsiko y’ibiganiro bariya basore bahawe yagiraga iti: ‘SIDA Iracyahari Ntaho Yagiye: Mugabo Nawe Musore Birakureba’.

SIDA(Syndrome d’Immunodeficiance Acquise) iracyahari kandi irazahaza ikica

Umwe mu basore bakinnye uriya mukino ndetse agatsinda kuko yari ari mu ikipe y’Akagari ka Nyakabungo yatsinze yagize ati: “ Dushimiye ubuyobozi ko bwatwibukije ko SIDA igihari kandi rwose no kuba twahuye dugakina ni iby’agaciro kuko byatugoroye imitsi bituma twongera n’ubusabane na bagenzi bacu bo mu Kagari ka Nkusi.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakabungo witwa Ruzindana Hatungimana Claude yabwiye Taarifa ko ubuyobozi bwatekereje guhuza ruriya rubyiruko mu rwego rwo kurufasha kurinda ubuzima bwarwo kuko SIDA igihari kandi ari iyo kwirindwa.

Ati: “ Uyu mukino twasanze ari ngombwa ko uba kugira ngo dufashe urubyiruko rwacu kwibuka ko COVID-19 atari yo gusa ibugarije ahubwo na SIDA ihari bityo ko uwananiwe kwifata agomba gukoresha agakingirizo.”

Utugari twa Nkusi na Nyakabungo turaturanye

Umukino warangiye amakipe anganya hanyuma batera penaliti zirangira ikipe ya Nyakabungo itsinze eshanu kuri eshatu z’abo mu Kagari ka Nkusi.

Umuryango AEE-Rwanda  wagize uruhare mu gutegura uriya mukino no kongera ubukangurambaga bwo kurinda urubyiruko kwandura SIDA.

Mu biganiro byatanzwe nyuma y’umukino kandi, ababyeyi bari baje kuwureba bibukijwe ko umwana wese agomba kwiga kandi ibintu byose byatuma ata ishuri bikirindwa.

Abaturage kandi bibukijwe akamaro ko kwizigamira muri Ejo Heza kugira ngo batazasaza basaba umunyu kandi igihugu cyarabashyiriyeho uburyo bworoshye bwo kwizigamira.

Akagari ka Nyakabungo gatuwe n’abaturage barenga 6,700.

Imikino igira akamaro mu kubaka umubiri no kongera ubusabane mu bantu
TAGGED:featuredGasaboInsanganyamatsikoJaliSIDAUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za Putin Zasakije Umurwa Mukuru Wa Ukraine
Next Article Abarusiya Barashaka Guhanura Ikigo Mu By’Isanzure Cyubatswe Mu Kirere Gipima Toni 500
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?