Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2025 11:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Urumogi rukuze( Ifoto@ The New York Times).
SHARE

Umuyobozi muri RDB ushinzwe imari, Joseph Cedrick Nsengiyumva aherutse Abadepite ko kubaka uruganda rwo gutunganyirizamo urumogi rwo gukoresha mu buvuzi bigeze kure.

Avuga ko imirimo isigaye irimo kubaka uruzitiro rufite ibice bibiri ruzakenerwa mu kubungabunga umutekano warwo.

Yagize ati: “Muri rusange imirimo igeze kuri 83%. Imirimo isigaye irimo uruzitiro rusange rufite ibice bibiri. Imirimo ijyanye n’imiyoboro y’amazi yamaze kurangira ariko ntabwo iratangirwa icyemezo”.

Guhinga urumogi bikozwe na Leta ni gahunda u Rwanda rwihaye mu rwego rwo gutuma iki gihingwa, gisanzwe ari ikiyobyabwenge, gikoreshwa mu rwego rw’ubuvuzi.

Kubera ko rukenerwa cyane, mu mwaka wa 2019 rwinjirije ibihugu biruhinga Miliyari $ 344.

Ibihugu byiganjemo ibyo ku mugabane wa Aziya nibyo bikunze guhinga iki kiyobyabwenge.

Gahunda y’u Rwanda ni uko urumogi nirwera neza, kuri buri hegitari yasaruwe, ruzajya rwinjiriza igihugu Miliyoni $10.

Amabwiriza yasohotse mu iteka rya Minisitiri ryo muri Kamena 2021, ryerekeye urumogi n’ibirukomokaho yemeje ko ikigo King Kong Organics (KKOG) ari cyo kizaruhinga mu myaka itanu izakurikira iyuzura rya ruriya ruganda.

Ni uruganda ruri kubakwa i Musanze rukaba rwari buzuzure muri Gicurasi, 2024 ariko imirimo ikererezwa ni uko hagomba kubakwa umuhanda umeze neza ugera aho ruherereye.

Ni ibyatangajwe n’umuyobozi wa kiriya kigo witwa Rene Joseph.

Igenemigambi rya ruriya ruganda ritaganya kuzajya rurasurua ibilo 5000 by’urumogi hagati y’amezi ane n’atandatu.

Ikindi ni uko ruzahingwa kuri Hegitari 134.

Nyuma yo kurusarura, ruzajya ruvanwamo amavuta, yoherezwe mu mahanga kugira ngo akorwemo imiti, kandi Leta izarushoramo Miliyoni $3.

Si u Rwanda rwonyine ruhinga kandi rugatunganya urumogi kuko hari ibindi bihugu nka Argentina, Australia, Canada, Chile, Colombia, Ubudage, Ubugereki, Israel, Ubutaliyani, Ubuholandi, Peru, Poland, Portugal, Espagne na Uruguay.

Muri Leta zigize Amerika, izigera kuri 38 ndetse na Leta yitwa District of Columbia nizo zabyemeje.

TAGGED:IkigoRDBRwandaUrugandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu
Next Article RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?