Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2025 11:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Urumogi rukuze( Ifoto@ The New York Times).
SHARE

Umuyobozi muri RDB ushinzwe imari, Joseph Cedrick Nsengiyumva aherutse Abadepite ko kubaka uruganda rwo gutunganyirizamo urumogi rwo gukoresha mu buvuzi bigeze kure.

Avuga ko imirimo isigaye irimo kubaka uruzitiro rufite ibice bibiri ruzakenerwa mu kubungabunga umutekano warwo.

Yagize ati: “Muri rusange imirimo igeze kuri 83%. Imirimo isigaye irimo uruzitiro rusange rufite ibice bibiri. Imirimo ijyanye n’imiyoboro y’amazi yamaze kurangira ariko ntabwo iratangirwa icyemezo”.

Guhinga urumogi bikozwe na Leta ni gahunda u Rwanda rwihaye mu rwego rwo gutuma iki gihingwa, gisanzwe ari ikiyobyabwenge, gikoreshwa mu rwego rw’ubuvuzi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kubera ko rukenerwa cyane, mu mwaka wa 2019 rwinjirije ibihugu biruhinga Miliyari $ 344.

Ibihugu byiganjemo ibyo ku mugabane wa Aziya nibyo bikunze guhinga iki kiyobyabwenge.

Gahunda y’u Rwanda ni uko urumogi nirwera neza, kuri buri hegitari yasaruwe, ruzajya rwinjiriza igihugu Miliyoni $10.

Amabwiriza yasohotse mu iteka rya Minisitiri ryo muri Kamena 2021, ryerekeye urumogi n’ibirukomokaho yemeje ko ikigo King Kong Organics (KKOG) ari cyo kizaruhinga mu myaka itanu izakurikira iyuzura rya ruriya ruganda.

Ni uruganda ruri kubakwa i Musanze rukaba rwari buzuzure muri Gicurasi, 2024 ariko imirimo ikererezwa ni uko hagomba kubakwa umuhanda umeze neza ugera aho ruherereye.

- Advertisement -

Ni ibyatangajwe n’umuyobozi wa kiriya kigo witwa Rene Joseph.

Igenemigambi rya ruriya ruganda ritaganya kuzajya rurasurua ibilo 5000 by’urumogi hagati y’amezi ane n’atandatu.

Ikindi ni uko ruzahingwa kuri Hegitari 134.

Nyuma yo kurusarura, ruzajya ruvanwamo amavuta, yoherezwe mu mahanga kugira ngo akorwemo imiti, kandi Leta izarushoramo Miliyoni $3.

Si u Rwanda rwonyine ruhinga kandi rugatunganya urumogi kuko hari ibindi bihugu nka Argentina, Australia, Canada, Chile, Colombia, Ubudage, Ubugereki, Israel, Ubutaliyani, Ubuholandi, Peru, Poland, Portugal, Espagne na Uruguay.

Muri Leta zigize Amerika, izigera kuri 38 ndetse na Leta yitwa District of Columbia nizo zabyemeje.

TAGGED:IkigoRDBRwandaUrugandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu
Next Article RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure

Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Buri Karere Kazashyirwamo Ikigo Cya TVET Cy’Ikitegererezo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?