Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwo muri Airtel ati: “Nta gitutu dushyira kuri MTN, twe dukora ibyacu”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

Uwo muri Airtel ati: “Nta gitutu dushyira kuri MTN, twe dukora ibyacu”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2020 1:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Pacifique Rugina Kabanda
SHARE

Ubwo Ikigo gitanga serivisi z’itumanaho n’ikorabuanga Airtel Rwanda cyamurikiraga itangazamakuru ibiro bishya bizafasha abakiliya bayo kubona  serivisi zo guhererekanya amafaranga, umukozi wacyo yabwiye Taarifa ko mu kazi bakora nta gitutu bashyira kuri MTN ahubwo bo bakora akazi nk’uko bakagennye.

Pacifique Rugina Kabanda ushinzwe ishami ryo kwita ku bakiliya ba Airtel-Rwanda avuga ko serivisi nshya batangiza ziba zigamije inyungu z’abakiliya babo, ko nta gitutu bashyira ku wo ariwe wese harimo na MTN bahanganye ku isoko.

Kabanda Rugina avuga ko kuba batangije ibiro bishya byo kwakira abakiliya babo bagamije bakeneye serivisi z’amafaranga ari ikintu batekerejeho mbere ariko ko ibintu byose bikorwa gahoro gahoro.

Ati: “ Ntabwo ari igitutu dushyira kuri MTN cyangwa ku wundi wese ahubwo ni ibintu dukora biri muri gahunda yo guha serivisi nziza abatugana.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko hari ibigo bitanga serivisi za Airtel biri hirya no hino mu Rwanda kandi ko bazakomeza kongerera imbaraga mu bwinshi kugira ngo zigere kuri benshi bashoboka.

Kabanda avuga ko icyo bifuza ari uko abakiliya babo babona serivisi zose neza kandi mu buryo bunoze, zaba izerekeye guhamagara cyangwa guhanahana amafaranga.

Umwe mu baha serivisi abakiriya ba Airtel abitwa aba agents witwa Celestin Kubwimana  ashima ko begerejwe aho bakura amafaranga yo guha umukiliya uje abagana ashaka amafaranga menshi.

Yishimira ko ubwo babonye ahantu ho kuzajya babikuza amafaranga menshi bizatuma nta mukiliya ubura  amafaranga ayo ariyo yose yifuza.

Ati: “Hari ubwo umukiliya yazaga ashaka nka miliyoni ariko agasanga mfite Frw 500 000 kubona andi yuzuza Miliyoni bikangora, akigendera  kandi akagenda ababye. Ubu rero nishimiye ko azajya aza tukamuha amafaranga yose yifuza.”

- Advertisement -

Ku ruhande ariko asaba Airtel kuzashyiraho uburyo bwo kurinda amafaranga yabo kugira ngo najya ayobera ku bantu runaka, ajye agaruzwa byihuse.

Ibrahim Daramie na Rugira bafungura imwe muri centers zayo mu Mujyi wa Kigali
Kubwimana Celestin ashima ko Airtel ibegereje amafaranga
Iri ni iduka rya Airtel riri ahitwa KCT mu Mujyi

TAGGED:AirtelIgitutuKabandaMTN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel Rwanda Launched 7 Brand New Service Centers
Next Article Amayeri mashya ya Kabila yo gukoma mu nkokora Tshisekedi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Polisi Zo Mu Karere Zahuriye Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yasabye RIB Kwita Ku Bwenge Buhangano Mu Guhashya Ibyaha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

Uwayoboraga MTN Rwanda Yasimbujwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Mu Mwaka Wa 2024 Abakoresha Mobile Money Biyongereyeho Miliyoni 3–Raporo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?