Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Virus Y’Ibicurane By’Ibiguruka ‘Yageze Mu Bantu’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Virus Y’Ibicurane By’Ibiguruka ‘Yageze Mu Bantu’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2021 7:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ubwa mbere mu mateka abantu banduye ibicurane by’ibiguruka. Aya makuru ateye ubwoba yatangajwe bwa mbere mu Burusiya aho abakozi barindwi bo mu kigo cyorora inkoko bapimwe basanganwa Virus yitwa H5N8 isanzwe mu biguruka.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi ryatangaje ari ubwa mbere mu mateka abantu bavuzweho kandura iriya virus y’ibicurane by’ibiguruka yitwa H5N8.

N’ubwo bariya bakozi bagaragaza ibimenyetso bidakomeye ariko kuba hari abantu bagaragaweho buriya bwandu nicyo gihangayikishije abahanga mu by’ibyorezo.

Umwe mu bakora mu rwego rw’ubuzima mu Burusiya wiwa Anna Popova yagize ati: “Ni amahire ko kugeza ubu abantu badashobora kwanduzanya iriya virus ariko kuba ibiguruka biyanduza abantu nabyo biraduhangayikishije.”

Kuba Popova avuga gutya ntibikuraho ko abantu nabo bashobora kwanduzanya iriya virus kuko ubushakashatsi kuri yo bugikomeje.

COVID -19 icyaduka mu isi, abahanga  ntibahise bamenya ko abantu bashobora kuyanduzanya ako kanya ariko uko iminsi yihitaga niko bayisobanukiwe.

Anna Popova yishimira ko iriya virus yagaragaye hakiri kare bityo ko gutangira kwiga imiterere yayo no kureba niba yabonerwa urukingo ari ikintu kiba kihutirwa.

Virus H5N8 yari isanzwe izwi mu nkoko ndetse yigeze kugaragara mu nkoko zo mu Bufaransa biba ngombwa ko zicwamo izigera kuri miliyoni ebyiri mu rwego rwo kwanga ko handura nyinshi kurushaho.

CNN yanditse ko muri 2014 iriya virus yagaragaye mu Budage, u Bwongereza, n’u Buholandi.

Muri iki gihe abatuye isi bari mu kaga ko kwibasirwa n’ibyorezo.

Ubwo Ebola yari itangiye kugenza amaguru make muri Afurika, mu Bushinwa hahise haduka COVID-19.

Mu minsi mike ishize, Ebola yongeye gutangazwa ko yagarutse muri DRC no muri Guinée.

Kuba mu Burusiya havugwa indi ndwara ishobora kuvamo icyorezo, nabyo birahangayikishije.

TAGGED:AbibumbyeBurusiyafeaturedH5N8IbicuraneIbiguruka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatuye Gakenke Bagiye Kubona ‘Indi Mihanda’ Ya Kaburimbo
Next Article Umukobwa Wo Muri Jamaica Yatumye Miss Kayibanda Ava Mu Rukundo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?