Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Vital Kamarhe Ntari Mu Bubiligi Ahubwo Ari Mu Bufaransa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Vital Kamarhe Ntari Mu Bubiligi Ahubwo Ari Mu Bufaransa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 January 2022 10:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko bitangajwe ko yuriye indege akajya mu Bubiligi, bamwe bagakeka ko ari ho yahungiye, amakuru atangwa na Jeune Afrique aremeza ko Vital Kamerhe ari mu Bufaransa kandi azamarayo ukwezi kumwe.

Uyu mugabo wahoze ayobora Ibiro by’Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yuriye indege mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 02, Mutarama, rishyira mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 03, Mutarama, 2021.

Yajyanywe n’indege yihariye ari kumwe n’umugore we Hamida  Chatur  Kamerhe.

Uyu mugabo uri mu banyapolitiki bazwi cyane mu gihugu cye yari aherutse kurekurwa by’agateganyo nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Urukiko rusesa imanza muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Yarekuwe tariki 06, Ukuboza, 2021 nyuma y’umwaka umwe yari amaze muri gereza kubera icyaha yahamijwe cya ruswa no kunyereza amafaranga Leta ya Felix Tshisekedi yari yarateguriye kubaka ibikorwa remezo byo kuzamura ubukungu mu gihe cy’iminsi 100 ya mbere y’ubutegetssi bwe.

Urukiko rwari rwarakatiye Vital Kamerhe igifungo cy’imyaka 20 ariko cyaje kugabanywa kigirwa imyaka 13.

Ikinyamakuru kitwa Africa Report giherutse kwandika ko irekurwa rya Kamerhe ryatewe n’uko abamuburanira beretse abacamanza ko nta mpamvu yo gukomeza kumufunga kuko hari benshi basangiye ariya mafaranga ariko bakidegembya bityo ko bidakwiye ko ari we uyaryozwa wenyine.

Icyemezo cyafashwe cyari icyo kumurekura ‘by’agateganyo.’

Umunyamategeko wabigizemo uruhare rukomeye ni uwitwa Pulusi Eka Hugues, uyu akaba ari umwe mu banyamategeko bakomeye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ubwo yavaga i Kinshasa, yagiye mu ndege ifite pulake 9H-GRS ajya mu Bubiligi ‘kwitabwaho.’

Vital Kamerhe w’imyaka 62 y’amavuko mu matora y’Umukuru w’igihugu yabaye mu mwaka wa 2018, yari ashyigikiye Felix Tshisekedi, uyu amaze gutsinda amuhemba kuba Umuyobozi mukuru w’Ibiro bye.

Vital Kamerhe akiri Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu

Muri izi nshingano niho bivugwa ko yaririye miliyoni 50$ zari zigenewe ibikorwa byo kuzahura ubukungu muri gahunda y’iminsi 100 Perezida Tshisekedi yari yihaye.

Kugeza ubu ntibiratangazwa niba koko Kamerhe yajyanywe mu Bufaransa no kwivuza cyangwa yahunze igihugu.

Jeune Afrique ivuga ko mu Bufaransa Vital Kamerhe ari kumwe n’umukozi we ushinzwe itumanaho mu Biro bye witwa Michel Moto n’umuganga we witwa Maneno Riziki.

TAGGED:BubiligiBufaransaCongofeaturedKamerheRuswaVital
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indwara Flurona: COVID-19 Yiyongereyeho Ibicurane
Next Article Abantu Bambara Amadarubindi Baba Abahanga Kurusha Abatayambara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?