Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yahuye N’Abo Mu Muryango We Nyuma Y’Imyaka 66 Baraburanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Yahuye N’Abo Mu Muryango We Nyuma Y’Imyaka 66 Baraburanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2023 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda baca umugani uvuga ko ‘ntawe uvuma iritararenga’ kandi ngo ‘abadapfuye ntibabura kubonana’. Mu buryo buhuje n’iyi migani, umugabo wo muri Uganda ahitwa Soroti yahuye  n’abagize umuryango we bari baraburanye mu myaka 66 ishize.

Uyu mugabo witwa Patrice Okubal afite imyaka 111 y’amavuko. Mu mwaka wa 1957 yaburanye n’abo mu muryango we babanaga ahitwa Guyaguya, ubu ni muri Soroti.

We n’abo mu muryango we ni abo mu nzu y’aba Ibokora Atekok, ikaba imwe mu nzu zigize bumwe mu miryango y’abatuye Uganda.

Ku rundi ruhande, abo muri uwo muryango bibwiraga ko uriya musaza yatabarutse.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku wa Kabiri w’Icyumweru kizarangira taliki 29, Mutarama, 2023 nibwo abo mu muryango we bagiye kubona babona aratungutse, bakubitwa n’inkuba!

Yaje ashagawe n’abo mu nzu y’aba Kapchemikwen bo muri district ya Bukwo ahitwa Sebei.

Nyuma yo gukubitwa n’inkuba, abo mu muryango we basabwe n’ibyishimo.

Yakiriwe n’abana be babiri basigaye, abuzukuru be ndetse n’abuzukuruza batigeze bamuca iryera kuva bavuka.

Ibyishimo byatumye babaga ikimasa n’ihene bahamagara abagize umuryango barasenga bashima Imana bafatanyije na Pasiteri Samuel Okwapa.

- Advertisement -

Kuva ku wa Kabiri kugeza kuri uyu wa Gatandatu taliki 28, Mutarama, 2023 abantu baracyabyina bishimira ko umuntu wabo yabonetse nyuma y’imyaka irenga 40 batarabonana.

Mu myaka yose yari amaze atabonana nabo, yaje kugira impanuka aramugara.

Muri iki gihe agendera ku igare ry’abafite ubumuga.

Ajya kuva muri kariya gace yagiye ahunga kubera ko yari amaze gukeneshwa n’urusimbi rwari rwaramamaye muri kariya gace rwakinwaga n’abagabo rwitwaga epiki.

Ni umukino wakinwaga n’abakire boroye, bafite imikumbi.

Amaze kubona ko inka zigiye kumushiraho, yahambiriye utwe arimuka ndetse agenda adasezeye bagenzi be ngo badasigara bamuha inkwenene.

Kuva icyo gihe kugeza ubwo yongeraga kugaragara mu baturage, nta muntu wari uzi irengero rye!]

Umuhungu we mukuru mu bakiriho witwa Pascal Awojat w’imyaka 66 y’amavuko avuga ko bari barahebuye ko Se akiri ho.

Avuga ko nyuma gato y’uko Se ahunze, uriya mukino w’urusimbi waje guhagarikwa kuko n’inka zasaga n’izataye agaciro kubera ifaranga.

Patrice Okubal afite imyaka 111 ashagawe n’abuzukuru n’abuzukuruza be
TAGGED:featuredUgandaUmugaboUrusimbi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikiraro Cyo Mu Kirere Gihuza Muhanga Na Gakenke Cyuzuye
Next Article Abagororwa B’Abanyarwanda Basaba Imbabazi Abo Bahemukiye Bakiyunga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Rihanna Yapfushije Se

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Miliyari $1 Yashowe Mu Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?