Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yanze Kwishyura Fagitire Y’Umukunzi We Wari Wahuruje Bagenzi Be
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Yanze Kwishyura Fagitire Y’Umukunzi We Wari Wahuruje Bagenzi Be

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 July 2022 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusore yakuriye umukunzi we inzira ku murima ubwo yamusabaga kwishyura ibyo we n’inshuti ze 18 bari bakoresheje ku munsi ww w’amavuko kandi batabivuganye. Uyu musore wo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yanze kwemera ko umukunzi we ‘amukura ibyinyo’ nk’uko hari abakobwa bajya babikora!

Abakoresha Twitter batangajwe n’imyitwarire y’uriya musore bamwe bakavuga ko ari intwari abandi bakamunenga ko yatabye umukunzi we mu nama.

Iby’aka gashya byagaragaye muri video yatambutse kuri Twitter, aho uriya musore yumvikanaga ashwishuriza uriya mukobwa wari wamurembeje amusaba kwishyura fagitire ngo kuko amukunda bityo ko ku munsi we [w’umukobwa] w’amavuko atakwiyishyurira kandi umukunzi we ahari.

Icyongereza bavugaga gihita cyumvikanisha ko uriya musore ndetse na bandi bayigaragaramo ari Abanyamerika.

Umukobwa yikoze afata inshuti ze 18 azizana mu muhango wo kwishimira isabukuru ye y’amavuko.

Mu kwishimira uwo munsi, inshuti ze zanyoye, zirarya biratinda!

Nyamukobwa yumvaga ko umukunzi we atari bubure kumwishyurira kuko nawe yari ahari kandi asa n’ugaragaza akanyamuneza ku maso.

Icyakora ibintu byaje guhinduka ubwo umuhungu yangaga kwishyura.

Umukobwa yabwiye umuhungu ati: “ Ni wowe ugomba kwishyura ibyo twakoresheje kuko nawe urabizi neza ko uyu ari umunsi wanjye w’amavuko. Sinumva ukuntu wakwanga kwishyura ibyo twakoresheje kandi uzi neza ko ari isabukuru yanjye y’amavuko. Ni gute wankorera ibintu nk’ibi?!”

Gutakamba kwe ntacyo kwagezeho kuko umusore yamuhakaniye mu buryo budaciye ku ruhande.

Yamubwiye ati: “ Sinakwishyurira aba bantu bose. Kuba ari umunsi wawe w’amavuko byo simbishidikanyaho ariko sinumva impamvu uvuga ngo ndishyurira buri wese wawujemo.”

Lady upset that her boyfriend declined to cover the cost of the 18 friends she invited to her birthday hangout pic.twitter.com/8Y29ZxRXtM

— philimonTv📺 🌎 (@philimonTv) July 17, 2022

Izi mpaka nizo zatumye abakoresha Twitter bacikamo ibice bibiri.

Bamwe bavuga ko uriya musore yagombye kwirinda kubabaza umukunzi we ku munsi we w’amavuko ariko abandi bakavuga ko uriya mukobwa nawe ‘aruhanya nk’ahazamuka.’

Ntibumva ukuntu yazanye abantu bangana kuriya kandi atabanje kubivuganaho n’uwo yibwiraga ko ari bumwishyurire fagitire.

Hari umwe mu basomyi ba Taarifa waganiriye n’umunyamakuru wayo avuga ko bamwe mu bakobwa bagombye kwirinda kubera umutwaro abasore bakundana kuko ngo niyo umusore yakwishyura ariko aba abonye ko uwo mukobwa ari ‘isiha rusahuzi.’

Kwiyishyurira nabyo ni ukwihesha agaciro imbere y’umukunzi n’imbere y’abandi batumiwe mu birori runaka.

 

TAGGED:AmavukoAmerikafeaturedTaarifaUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Na Arabie Saoudite Bagiye Gufatanya Gukora 6 G
Next Article Urubyiruko Rw’Abanyarwanda Rw’Imahanga Rwabwiwe Aho Rwashora Rukunguka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?