Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yvan Buravan YATABARUTSE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Yvan Buravan YATABARUTSE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 August 2022 8:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bahanzi bari bakunzwe kurusha abandi  witwa Yvan Buravan yapfuye. Yaguye mu Buhinde azize cancer y’urwagashya nk’uko byatangajwe n’abasanzwe bakurikirana inyungu ze.

Apfuye akenyutse kuko yari kiri muto cyane. Burabyo  Dushime Yvan yavutse mu mwaka wa 1995 akaba atabarutse afite imyaka 25 y’amavuko.

Uburwayi bwe bwatangiye aruka, ikintu cyose atamiye akakigarura.

Ku ikubitiro abantu baketse ko atwaye igifu ariko uko iminsi yihitaga babona birakomeye, atangiye kubyimba inda.

Bamujyanye kumuvuriza muri Kenya n’aho biranga, nyuma bamujyana mu Buhinde none niho yaguye.

Indirimbo yaherukaga gusohora yari ikunzwe ni iyo yise TWAJE.

Buravan yatabarutse

Burabyo yatangiye kuririmba akizihira abamwumva kera.

Afite imyaka ibiri mukuru we yamuguriye aga piano k’abana ngo ajye agakinisha yumva amanota.

Gukunda umuziki bwamukuyemo none atabarutse ari umuhizi mu muziki.

Aho aciriye akenge yagiye muri Kolari y’abana arahazamukira.

Hari ikigo gitanga serivisi z’itumanaho mu Rwanda cyakoresheje irushanwa ku bakiri bato ngo harebwe impano zabo mu muziki Buravan aba uwa kabiri mu gihugu.

Nibwo yavumbuye burya ko yawukora bikamuhira kandi koko byarakunze.

Yize muri Amis des Enfants ndetse no muri La Colombière.

Umuryango we waramufashije akomeza kuririmba.

Muri ako kazi abo mu muryango we yabasabye kuzamuba hafi kandi barabikora.

Umuhanzi bakoranye indirimbo bwa mbere( collabo) ni Umutare Gaby usiga uba muri Australia aho afite urugo.

Gaby we yise Information Technology.

Indirimbo yatumye Buravan amenyekana ni iyo yise Malaika.

Yakoranye indirimbo n’abahanzi benshi barimo abo mu Rwanda no hanze yarwo anitabira ibitaramo byinshi kandi bikomeye.

Yigeze no guhigika abahanzi b’Abanyafurika yegukana irushanwa rya Prix Découverte ritegurwa na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ya RFI.

Ritegurwa na RFI ifatanyije n’umuryango w’ibihugu bikoresha igifaransa, OIF, ndetse n’Umuryango w’Abibumbye wita ku burezi, UNESCO, mu rwego rwo guteza imbere imbyino n’umuco wa Afurika .

Yvan Buravan yakunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo ‘Ye Ayee’, ‘Si Belle’, ‘Low Key’, ‘Garagaza’, ‘Oya’, ‘Just Dance’ n’izindi.

Ubwanditsi n’ubuyobozi bwa Taarifa bwifurije Burabyo Dushime Yvan kuruhukira mu mahoro.

TAGGED:BuhindeBuravanIndwaraUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Batezwe Igico Na Polisi Bazanye Magendu, Bamwe Barayicika
Next Article Umupolisi Yambuye Abamotari Amafaranga Ayahonga Indaya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?