Uganda: Hari Icyo Ibiri Kuva Mu Matora Biri Kwerekana

Staff Write
3 Min Read

Amajwi amaze kubarurwa mu matora yo muri Uganda arerekana ko Umukandida wa NRM Yoweri Kaguta Museveni ari we uri imbere kuko afite amajyi 4,340,134  (61.98 %), agakurikirwa na Bobi Wine uhagarariye ishyaka NUP amajwi 2,164,347 votes (30.91%).

Ibi ni ibyatangajwe na Bwana Simon Byabakama uyobora Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Uganda.

Kubarura ibyavuye mu matora byarangiye kuri uyu wa Gatandatu kandi ibyayavuyemo bigomba gutangazwa bitarenze amasaha 48 nk’uko biteganywa n’Itegeko nshinga rya Uganda.

Hari ibice bya Uganda aho byagaragaye ko hari abakunzi ba Museveni na Bobi Wine benshi k’uburyo amajwi yabo  ajya kwegerana.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 15, Mutarama, 2021, Bobi Wine yatangarije abanyamakuru ko yatsinze amatora abahishurira ko atazemera ibyayavuyemo nibiza bivuga ko ari Museveni wayatsinze.

Yemeje ko afite ibimenyetso by’uko yibwe amajwi ndetse ko hari n’aho abantu bafashe isanduku irimo impapuro zatoreweho barayirukankana.

Yashinje Perezida wa Komisiyo y’Amatora Bwana Simon Byabakama kurenza amaso ubujura bwakozwe mu matora no kuba yarivanzwemo n’abapolisi n’abasirikare.

Yagize ati: “ Dufite ibimenyetso bifatika by’uko batwibye amajwi kandi twiteguye kubishyira ahagaragara igihe cyose murandasi izaba yasubijweho”

Umuvugizi wungirije w’ingabo za Uganda Lieutenant Colonel Deo Akiiki yavuze ko ibyo Bobi Wine avuga nta shingiro bifite.

Uko ibyavuye mu matora bihagaze kugeza ubu mu biro byayo 24,058/34,684 ni ukuvuga ibingana 69.36%
UmukandidaIshyaka ryeAmajwi yoseIjanisha (%)
Amuriat Oboi PatrickForum for Democratic Change (FDC)254,6283.64
Kabuleta Kiiza JosephIndependent34,9550.50
Kalembe Nancy LindaIndependent28,4920.41
Katumba JohnIndependent23,9650.34
Kyagulanyi S Robert aka Bobi WineNational Unity Platform (NUP)2,164,34730.91
Nobert MaoDemocratic Party (DP)45,5900.65
Mayambala WillyIndependent11,2180.16
Mugisha Muntu GAlliance for National Transformation (ANT)41,8670.60
Mwesigye FredIndependent19,4520.28
Tumukunde Henry KIndependent37,7050.54
Museveni T KagutaNational Resistance Movement (NRM)4,340,13461.98

 

Bobi Wine kugeza ubu ariwumvamo intsinzi kandi yijeje abamuyobotse ko urugamba rwo gukuraho uwo yise umunyagitugu ari bwo rugitangira.

Bwana Simon Byabakama avuga ko Komisiyo ayoboye iri butangaza ibyavuye mu matora mu gihe kigenwe n’Itegeko nshinga.

Ntabwo bari burenze amasaha 48 agenwa naryo.

Kuri uyu wa Gatanu kandi Bobi Wine yanditse ko urugo rwe rwazengurutswe n’abasirikare kandi binjiye mu rugo  basimbutse uruzitiro bahutaza umurinzi we.

Yatangarije abe ko abasirikare bateye urugo rwe saa kenda n’igice z’amanywa(5h30pm).

Umuvugizi wungirije muri Polisi ya Uganda muri Kampala witwa Luke Owoyesigire yavuze ko kari abantu bafatiwe hafi yo kwa Bobi Wine kandi ko ari impamo ko Polisi n’ingabo bari hafi y’iwe.

Mugenzi we wo mu ngabo za Uganda Lt Col Deo Akiiki nawe yemeje ko ingabo ziri hafi y’urugo rwa Bobi Wine.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *