Hadutse Indi COVID Yibasira Abana

Umwanditsi wa Taarifa
4 Min Read
CICADA irabarizwa mu bihugu birenga 20 hirya no hino ku isi.

Ishami ryita ku buzima ry’Umuryango w’abibumbye (WHO/OMS) ryatangaje ko riri gukurikirana uko ubwoko bwihinduranyije cyane bwa virusi ya COVID-19 buteye n’ingaruka zabwo. Kugeza kuri uyu wa Kabiri tariki 21, Mata, 2026 bwari bumaze kugera mu bihugu 23.

Ibyo bihugu birimo Amerika, Hong, Mozambique n’Ubwongereza, abahanga bakaba barabwise BA.3.2.

Kugeza ubu kandi abahanga bavuga ko ubwo bwoko buzahaza abana kurusha abantu bakuru mu gihe ahanini mubo COVID-19 yibasiye mu myaka yatambutse, bari abagezed mu zabukuru.

Ibyamenyekanye kuri iyo ndwara bise CICADA cyangewa Chainsaw ni uko ubu bwoko bwa BA.3.2 bwiswe “cicada” bwamaze igihe kirekire bumeze nk’ubwihishe (hibernation) nyuma yo kugaragara bwa mbere mu bice bimwe by’isi.

Abahanga mu by’indwara z’ibyorezo bavuga ko ako gakoko kamara igihe kirekire munsi y’ubutaka katagaragara.

Ikigo cyo muri Amerika gishinzwe gukurikirana ibyorezo no kubirwanya (US Centers for Disease Control and Prevention) cyatangaje ko hari abarwayi 25 babonetse muri Leta 25 zo muri Amerika.

BBC yanditse ko hari raporo ivuga ko virus ya BA.3.2 yabonetse mu bipimo byafashwe mu mazuru y’abagenzi bane, mu bipimo byo mu bitaro ku barwayi batanu, no mu bipimo 132 by’amazi y’imyanda.

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima risaba amahanga kuba maso agakurikirana-mu buryo bwitondewe- iby’iyo virusi.

Ryan Heissner, umuhanga ukora ubushakashatsi ku moko ya COVID mu mujyi wa New York, yavuze ko abana bashobora kwandura ubu bwoko bwa BA.3.2 kurusha abantu bakuru.

Undi mwarimu muri Kaminuza witwa Prof Ravindra Gupta wigisha mu kigo cya Cambridge Institute of Therapeutic Immunology and Infectious Diseases, yavuze ko nubwo hari ibitaragenzurwa  neza cyangwa ngo byemezwe burundu, ariko bisa n’aho ari byo.”

Kimwe mu bihangayikishije abahanga  ni uko ubudahangarwa bw’umubiri w’umuntu butaramenya neza iyi ‘cicada’ kuko itigeze ibaho mbere.

Wa muhanga witwa Gupta ati: “Abana muri rusange bagira ubudahangarwa buri hasi ugereranyije n’abantu bakuru kuko baba batarigeze bahura n’udukoko twinshi dutera indwara nka COVID-19, bityo ubwirinzi bwabo kuri iyi virusi na bwo bukaba buri hasi.”

Ku bantu bakuru, uturemangingo dutanga ubudahangarwa (antibodies) tuba twaragiye  twiyongera uko imyaka ishira, bigatuma umubiri ugira ubudahangarwa.

Kuba umubiri w’umwana uba utarahura n’ibizazane byo kurwara ngo bitume wiremamo uburyo bwo guhangana n’udukoko dutera indwara, bituma iyo uhuye natwo uhazaharira.

Abandi bahanga bavuga ko imiterere yahindutse cyane ya ‘protein’ z’ubu bwoko bwa cicada ishobora kuba ari yo itera ko abana kwandura cyane

Gupta n’itsinda rye ry’abashakashatsi bari gushaka ibipimo by’abana bapimiraho kugira ngo bakomeze ubushakashatsi bwabo, bagamije kumenya impamvu ubu bwoko bushya bugaragara ko bwibasira cyane abana.

Kugeza ubu, nta bimenyetso bigaragaza ko “cicada” itera uburwayi bukomeye kurusha andi moko ya virusi ya COVID-19.

Paul Hunter, inzobere mu ndwara zandura wo muri University of East Anglia mu Bwongereza, yavuze ko: “Nta bimenyetso byihariye bigaragara cyane kuri ubu bwoko bushya bw’iyi ndwara.”

Ubusanzwe, COVID-19 ihuzwa n’ibimenyetso nk’umuriro, inkorora, kubabara mu muhogo, gufungana mu mazuru, umunaniro ukabije, kubabara umutwe, kubabara umubiri wose, kubura umwuka, ndetse no gucibwamo.

Ikindi ni uko virusi zose zihinduka uko ibihe bihita kandi virusi za RNA nka COVID-19 zihinduka vuba cyane kurushaho.

Uku kwihinduranya kwa za virus gutuma inkingo za COVID-19 zidashobora gukingira neza “cicada”. Ariko abahanga bashimangira ko zigikomeza gutanga ubwirinzi ku rugero runaka.

Nk’uko WHO/OMS ibivuga, 67% by’abatuye isi bamaze guhabwa nibura urukingo rwa COVID-19.

Ariko inkingo zivuguruye zigenewe guhangana n’ubu bwoko bushya ntabwo ziboneka ku buryo bungana mu bice bitandukanye by’isi.

Gupta arangizanya inama igira iti: “Niba umwana afite indwara z’ibihaha, uburwayi bw’umutima cyangwa ubudahangarwa bw’umubiri butameze neza, ni byiza kujya kwa muganga vuba; ariko ku bana bafite ubuzima bwiza, iyi ndwara ishobora kwikiza ubwayo.”

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *