DRC: Aba Wazalendo Bakomeje Guhohotera Abaturage 

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Sosiyete Sivile ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo ikorera i Lubero, muri Kivu y’Amajyaruguru, irasaba Leta ya Congo gukusanyiriza hamwe abarwanyi ba Wazalendo no kubahugura ku mahame shingiro agenga igisirikare ndetse n’amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu mu bihe by’intambara.

Ibi babisabye nyuma y’uko ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi, umwe mu bagize umutwe wa Wazalendo uzwi ku izina rya “Far West” yakatiwe igihano cy’urupfu.

Uyu muntu yahamijwe n’urukiko rwa gisirikare rwa Butembo icyaha cyo kwica umumotari, ndetse no gufata ku ngufu umukiliya we nyuma akamwica. Ibyo byabereye mu cyumweru gishize i Kimbulu, mu gace ka Lubero.

Kuva icyo gihe rero imiryango iharanira inyungu z’abaturage ya sosiyete sivile yongeye kuburira ku ngaruka ziterwa no gutunga intwaro ku bantu badafite amahugurwa ya gisirikare ivuga ko ibyo bishyira umutekano w’abaturage mu kaga gakomeye.

Yanasabye ko umutwe wiyise “Far West” useswa burundu, iwushinja kugira uruhare mu ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu.

Muhindo Tafuteni, Perezida wa sosiyete sivile yo muri Lubero, yagize ati: “Ubuyobozi bwa sosiyete sivile buravuga ibintu uko biri kandi buhagaze bwemye. Gutunga intwaro ku bantu badafite amahugurwa ayo ari yo yose ya gisirikare, batazi amategeko ya gisirikare ndetse badafite n’ubumenyi ku burenganzira bwa muntu, ni intandaro ikomeye y’umutekano muke mu baturage.”

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri tariki ya 5 Gicurasi, uwo muryango wari wamaze kwamagana ibikorwa bya bamwe mu bagize imitwe yitwaje intwaro harimo na “Wazalendo”, ushinja gukora ubwicanyi, iyicarubozo ndetse n’ihohotera ritandukanye rikorerwa abasivile.

Wavuze, by’umwihariko, ku bwicanyi bubiri bwabereye i Kimbulu ku wa Kane ushize, aho umumotari wa taxi-moto n’umukiliya we bishwe, ibyaha byashinjwe abo barwanyi.

Bityo, sosiyete sivile yongeye gushimangira ko hakenewe igenzura rikomeye, amahugurwa akwiriye ndetse no kugenzura neza abantu bose bitwaje intwaro bakorera muri ako karere, kugira ngo umutekano n’uburinzi bw’abasivile byongere kugaruka muri Lubero.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *