Ebola Imaze Kwica Abantu 1405 Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
3 Min Read
Umwe mu bashinzwe kwita ku barwaye iyo virusi. Ifoto:Science News.

Minisiteri y’ubuzima muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo itangaza ko hari abantu 1405 bamaze kwicwa na Ebola mu gihe abandi 3200 bayanduye.

Hagati aho, hari abandi 773 bashyizwe mu kato bakekwaho ubwo burwayi, abandi batari bake bakaba bari kwitabwaho mu mavuriro ari henshi muri iki gihugu.

Abicwa n’iki cyorezo kugeza ubu bari ku ijanisha rya 43,9% ry’abo yafashe, naho abantu bahuye n’abanduye bakurikiranwa bakaba ku kigero cya 77,8%.

Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko ingamba zo guhangana na Ebola zikomeje gukazwa mu Ntara eshanu zibasiwe na Ebola arizo Ituri, Haut-Uélé, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Tshopo.

Abakora mu nzego z’ubuzima bari gushakisha abafite ibimenyetso, bagapima abakekwaho ubwandu, abarwayi n’abo bahuye nabo bagakurikiranwa, bakavurwa.

Mu Ntara ya Ituri niho hari ikibazo gikomeye ndetse byatumye Leta ikorana n’indi miryango yita ku buzima rusange ngo hoherezwe abaganga benshi n’abandi bo kwita ku bagaragaza ibimenyetso by’iyo ndwara.

Ibyo ni umuriro mwinshi, kuva amaraso mu bice hari ya byose by’umubiri bifite umwenge kandi kugira ngo uwo yafashe azayikire ni hamana!

Mu gukumira ubwandu bushya, muri Ituri hongerewe ubukangurambaga bw’uko iyo ndwara yandura n’uburyo bwiza kurusha ubundi bwo kuyirinda.

Bijyanirana no kugenzura abinjira n’abasohoka mu bice byibasiwe no kugeza ibikoresho ku bakozi bari guhangana n’iki cyorezo.

OMS/WHO yatangaje ko kugeza ku wa 15 Nyakanga(7), abanduye Ebola muri Ituri bari bagize hafi 90% by’abanduye iki cyorezo bose muri DRC, biganje cyane muri Bunia, Mongbwalu, Nizi na Nyankunde.

Ebola iri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo muri iki gihe yatewe na virusi abahanga bise Bundibugyo, babikomoye ku hantu yaturutse ari ho mu ishyamba ryo mu Ntara ya Bundibugyo muri Uganda.

Muri iki gihugu naho yarahavuzwe.

Kuwa 15 Gicurasi(5), 2026 nibwo OMS yayitangaje ku mugaragaro, ivuga ko ibaye iya 17 yibasiye DRC kuva virusi ya Ebola yavumburwa mu mwaka wa 1976.

Iminsi ibiri nyuma y’aho, OMS yatangaje ko iriya Virusi yabaye ikibazo cy’ubuzima rusange gihangayikishije isi, isaba ubufatanye mpuzamahanga ngo gicike.

Guhangana n’iyi ndwara biracyakomeye kubera umutekano muke, abaturage bahunga bagahungana ubwo bwandu, n’abaturage banga kugana amavuriro, bagahitamo kurwarira mu ngo zabo.

Kugeza ubu nta rukingo cyangwa umuti wihariye byemewe kuri Ebola yiswe Bundibugyo biraboneka.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *