Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Aba Masaï: Abaturage Bakunda Ishyamba N’Amajyambere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Aba Masaï: Abaturage Bakunda Ishyamba N’Amajyambere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2021 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kibaya gituriye uruzi rwitwa Mara hari imidugudu ituwe n’abaturage bitwa Masaï. Ni abaturage batunzwe no korora inka bakanywa amata ariko ntibabura no korora imbwa zibafasha mu guhiga inyamaswa ziba muri Pariki iri hafi y’abo.

Ntabwo ari aba Masaï gusa  batuye mu gice kitwa Masaï-Mara kuko hari n’ubundi bwoko, ariko aba nibo bafite amateka akomeye muri kariya gace kandi nibo bagaragara cyane mu bibera muri Pariki ya Serengeti ikora kuri Tanzania na Kenya.

Abanyamateka bavuga ko aba Masaï bagiye gutura muri kariya gace nyuma yo gusuhuka(migration) bavuye mu kibaya cy’Uruzi rwa Nili.

Hari hagati y’Ikinyejana cya 16 n’Ikinyejana cya 17 nyuma ya Yezu Kristu.

Bageze muri kiriya gice baturiye uruzi rwa Mara, rubafasha kubona urwuri n’aho bashora inka zabo.

Ubwatsi bwo kuragira bwo ntibwari bubure kubera ko amazi ya ruriya ruzi yatumaga ubutaka bwo ku nkengero buhehera, ubwatsi bukamera.

Ikindi ni uko burya amazi iyo atembye, amanukana n’ifumbire y’aho aca hose bityo ugasanga aho uruzi ruca hari ubwatsi butoshye.

Nyuma gutura, aba Masaï bashinze imidugudu, batangira kubaho mu buryo bwabo kandi bwihariye cyane.

Bagira imigenzo igaragaza ubutwari budapfa kugirwa n’ikiremwamuntu aho kiri hose ku isi.

Uretse  no kuba bipfumura ibice by’umubiri wabo kandi nta kinya, aba Masaï bagira ubutwari budasanzwe.

Kugira ngo umusore azamerwe ko akuze koko, hari inyamaswa y’inkazi aba agomba kwica, akerekana ko ‘atakiri wa mwana uta umutsima.’

Iyo umushumba w’umu Masaï yahuye inka agahura n’intare, aba agomba gushikama akayirwanya kandi akayinesha uko byagenda kose.

Iba ari intambara yo gupfa no gukira hagati y’intare n’umuntu.

Ubusanzwe ibiraro by’inka zabo biba byubakishijwe ibiti bifite amahwa bikoze uruziga ariko bifite aho umuntu ashobora kubiterurira.

Iyo inka zitashye, bakazicanira, abashumba bazizengurutsa bya bifite amahwa kugira ngo bakumire inyamaswa yaza kuzishimuta.

Abagabo bigisha abana babo kuragira inka no kuzirinda kandi abana bagomba kubyiga bakiri bato.

Abana bagomba no kumenya uko ishyamba riteye, uko bitwara imbere y’inyamaswa runaka bakazabikurana.

The National Geographic yanditse ko aba Masaï bakora ibishoboka byose bakagumana umuco wabo ariko nanone ntibasigare inyuma mu iterambere muri rusange.

Hejuru y’ubutwari bwo mu ishyamba barinda inka zabo, ku butwari bw’aba Masaï  hiyongeraho n’urugwiro bagira iyo bari mu nsisiro iwabo.

Uru rugwiro rwerekanwa n’imbyino zitangaje babyina, biterera mu kirere hejuru cyane kandi bemye.

Babikora bemye kandi bafite ibinigi biremereye ku ijosi, ibikomo biremereye ku maboko, amaherena aremereye ku matwi.

Buri wese ubyina imbyino zabo bita ‘adumu’, agomba kuba afite icumu mu kiganza iyo ari umugabo.

Inigi zabo z’amabara yose bazita ‘olkarasha.’

Kugumana gakondo wirengagije amajyambere y’ubu ntibyoroshye!

 N’ubwo muri rusange umuco wabo bawutsimbarayeho, ariko nabo bagerwaho n’ingaruka ziterwa n’amajyambere ari mu isi ya none.

Igikoresho cya mbere cyahinduye imitekerereze n’imibereho y’aba Masaï ni ishuri.

Abana b’Aba Masai bakunda kwiga ariko bakabwirwa kutibagirwa umuco gakondo

Kuba abana babo baragiye ku ishuri byatumye baba ‘abasilimu’, batangira kugira imvugo n’imyitwarire ya ruzungu.

Bamwe barize baraminuza bajya muri Politiki no mu zindi nzego z’ubuzima bw’igihugu icyo ari cyo cyose cyahisemo kwakira imico y’ahandi nk’uko ari rusange ku bihugu byinshi ku isi.

Ikindi kintu gituma ama Masaï batakaza umwimerere w’umuco wabo ni uguhora bimurwa mu butaka bwa ba Sekuru kubera ibyemezo abanyapolitiki bafata batitaye ku ngaruka bizagira ku ba Masaï.

Ni kenshi muri Kenya habaye ibibazo bya Politiki abaturage bagapfa ubutaka ndetse izo mvururu zikagwamo benshi.

Ntibabura kugirwaho ingaruka na Politiki y’ibihugu byabo

Aba Masaï bateye imbere k’uburyo hari bamwe bize baba abarimu, abandi bahabwa akazi ko gucunga Pariki, abandi baba abasemuzi, abajyanama b’ubuzima mu midugudu, ba mudugudu …

Umugambi w’aba Masaï ni uko amashuri yose waba warize, ubukire bwose waba utunze, aho waba utuye hose, uba ‘ugomba kuzirikana’ ko uri umu Masaï.

Niyo mpamvu nubabona i Kigali uzasanga bafite imyambarire ya ki Masaï.

TAGGED:AbaturagefeaturedKenyaKigaliMasaiNiliParikiTanzaniaUruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akamaro Ko Guha Umurimo Umuntu Ufite Ubumuga
Next Article Umupolisi wa Uganda Yishwe Arashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?