Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2025 9:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abanyarwanda banywa ikawa baracyari mbarwa.
SHARE

Bizimana Claude uyobora Ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza hanze ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, avuga ko Abanyarwanda banywa ikawa bangana na 5%.

Avuga ko ibyo babibara bamaze kureba ikawa yose yasaruwe n’iyoherejwe hanze ari bwo bareba isigaye mu Rwanda bakabona ko inyobwa ari 5%.

Icyakora iyo nayo ntiwakwemeza ko inyobwa n’Abanyarwanda gusa kuko hari n’abanyamahanga barubamo n’abarusura kandi bayinywa.

Umuyobozi mukuru wa NAEB avuga ko bakora uko bashoboye kugira ngo mu myaka iri imbere umubare w’abanywa ikawa uzagere kuri 15%.

Claude Bizimana uyobora NAEB mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu.

Ati: “Mu by’ukuri kunywa ikawa by’Abanyarwanda ni gahunda ya Leta y’uko ikawa ihingirwa mu gihugu itajya hanze yose ahubwo inyobwe n’abayihinze cyangwa abandi Banyarwanda.”

Ikigo NAEB kiyemeje ko mu myaka itandatu ibiti by’ikawa bishaje bigera kuri miliyoni 10 bizaba byarasimbujwe.

Intego ni uko ibiti Miliyoni 26 by’ikawa bishaje bizaba byaba byaravuguruwe bityo bikongera ubwiza n’ubwinshi bw’ikawa u Rwanda rweza.

Avuga ko kimwe mu bitubya umusaruro w’ikawa ari ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe, akavuga ko kugira ngo bishoboke ari byabaye ngombwa ko hashyirwamo uburyo bwo gutanga ifumbire no kwita ku giti kugira ngo kigire ubudahangarwa

Bizimana avuga ko bakora uko bashoboye ngo umuhinzi abone amafaranga y’ikawa hashingiwe kuri byinshi birimo n’uko ibintu byifashe ku isoko mpuzamahanga n’ibindi bigenderwaho.

Oreste Baragahorana uyobora Ihuriro ry’abohereza ikawa hanze avuga ko uko Abanyarwanda bazongera ubwinshi bw’ikawa banywa ari nako abanyamahanga bazakunda kuyinywa.

Ati: “Abanyamahanga nibabona ko natwe tuyinywa bazayinywa kuko bazaba bavuga ngo ‘ nitutayinywa bazayinywera”.

Ubu ngo hezwa toni zirenga Miliyoni 20 z’ikawa kandi iranyobwa ndetse n’Abanyarwanda barayinywa.

TAGGED:AmahangaBizimanafeaturedGusazuraIbitiIkawaRwandaUmusaruro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel
Next Article Ibiciro Bya Lisansi Na Mazutu Byazamutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri Kayitesi Asobanura Uko Abatuye Intara Ye Bava Mu Bukene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Indonesia: Umutingito Wateye Tsunami Yishe Abantu 248

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?