Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Benshi Bafite Amenyo Arwaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda Benshi Bafite Amenyo Arwaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 March 2023 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare y’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima ivuga ko mu mwaka wa 2021 hari ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko 92% by’Abanyarwanda bisuzumisha amenyo ariko abababaza.

Iryinyo rirakomera kubera ko rifite ibice byinshi birigize ariko iyo ricukuritse ribuza amahwemo nyiraryo.

Hari abemeza ko nta kintu kiryana nk’amenyo.

Ku rundi ruhande, 1%  ry’Abanyarwanda bose nibo bisuzumishije bagamije kureba uko amenyo yabo ahagaze.

Imwe mu mpamvu ituma amenyo y’Abanyarwanda yangirika ni uko batayoza kenshi kandi mu gihe gikwiye.

Abanyarwanda bangana na 67 % boza amenyo rimwe ku munsi mu gihe abayoza kabiri ari 19% gusa.

Hari n’abatoza amenyo na gato.

Izi nizo mpamvu zituma amenyo yabo yangizwa na microbes ziyacukura zikurikiye isukari cyangwa ibindi binyabutabire biba mu byo arya cyangwa anywa.

Ibi bitangajwe mu gihe kuri uyu wa Mbere taliki 20, Werurwe, 2023 hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’ubuzima bwo mu kanwa.

Urugaga rw’abaganga b’indwara zo mu kanwa rugaragaza ko hari abumva ibimenyetso by’izi ndwara ntibabihe agaciro ahubwo bakivuza ari uko barembye cyane.

Dr. Mihigana Adélaïde uhagarariye abaganga b’ indwara zo mu kanwa yabwiye RBA ko kwirengagiza isuku yo mu kanwa nkana bizana ingaruka nyinshi.

Avuga ko iyo umuntu adahaye agaciro isuku yo mu kanwa kandi yakumva ababara ntiyivuze hakiri kare, nyuma y’igihe abyicuza.

Dr Muhigana ati: “ Uko atabiha agaciro niko n’ ingaruka ziza. Umwanda uragenda ukihoma ku menyo kandi haba harimo za microbe. Ziriya microbe rero ziramanuka zikagera mu ndak, uk mutima, mu mitsi yewe bishoroba no gutuma umugore akuramo inda. Harimo ingaruka nyinshi zaterwa n’ uburwayi bwo mu kanwa.”

Irène Bagahirwa ushinzwe indwara zo mu kanwa mu kigo cy’ igihugu RBC asaba Abanyarwanda kuzirikana isuku yo mu kanwaa.

Avuga ko ari ngombwa kwisuzumisha byibura buri mezi atandatu ngo umuntu arebe  uko amenyo ye uhagaze.

Abahanga mu buzima kandi bavuga ko ikintu cy’ingenzi abantu bagomba gukora ari ukoza mu kanwa hose kurusha koza amenyo gusa.

Mu kanwa habamo ingingo zikomeye ku mirire n’imihumekere y’umuntu kuko ari ho haba amenyo, ururimi, inkanka, umunwa n’ishinya.

Ni ngombwa ko aho hantu hose hozwa.

TAGGED:AbanyarwandaAmenyofeaturedUbushakashatsiUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Inyeshyamba Za ADF Zishe Benshi
Next Article Akamaro K’Ubuhuza Mu Rwego Rw’Amafaranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?