Abapolisi 160 Biganjemo Abanyarwandakazi Bagiye Koherezwa Muri Sudani Y’Epfo

Ni itsinda rya gatanu ryiganjemo abapolisikazi riyobowe na Senior Superintendent of Police( SSP) Spèciose Dusabe. Muri Sudani y’Epfo rizahasimbura  irindi tsinda ryari rihamaze umwaka.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza niwe waje kubagezaho ubutumwa Polisi y’u Rwanda yifuza ko bazazirikana nibagera mu kazi.

Mu bihe bitandukanye, IGP Dan Munyuza yibukije abapolisi babaga bagiye mu butumwa bw’amahoro aho ari ho hose ku isi  ko umurava n’ikinyabupfura aribyo bigomba kujya imbere.

Yabibukije kenshi kubaha abenegihugu, akazi kabo kakaba ako kubacungira umutekano hashingiwe ku mabwiriza bahabwa.

- Advertisement -

Uko bigaragara, impanuro ze zarumviswe ndetse ni kenshi ubuyobozi bw’Umuryango w’Abibumbye bwashimiye Polisi y’u Rwanda ubwitange n’ikinyabupfura igira mu kurindira umutekano abatuye aho ikorera kandi ikita no ku mibereho yabo.

Polisi ikora umuganda, ikavura abaturage, igakingira abana kandi igatanga ibiribwa byo kongerera agaciro ibyo abana bo muri Sudani y’Epfo bagaburirwa.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version