Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasenateri Bashya Bamenyekanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Abasenateri Bashya Bamenyekanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2024 8:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu 12 baraye batorewe kuba Abasenateri muri Sena y’u Rwanda, uretse babiri, abandi bose bari basanzwe muri uru rwego ruri mu nzego nkuru ziyobora u Rwanda.

Abo bantu 12 batowe mu bandi 28 bari biyamamaje.

Iteka rya Perezida riteganya ko kugira ngo Abasenateri 12 batorwe n’inzego zihariye hakurikijwe inzego z’imitegekere y’igihugu baboneke, Intara y’Amajyaruguru itora babiri, iy’Amajyepfo igatora batatu, Uburasirazuba bugatorwa batatu, Uburengerazuba bugatora batatu naho Umujyi wa Kigali ugatora umwe.

Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje komu Ntara y’Amajyaruguru hatowe Dr. Nyinawamwiza Laetitia wagize amajwi 73.00% na Rugira Amandin wagize 62.61%.

Mu Ntara y’Amajyepfo hatowe Umuhire Adrie agira amajwi 70,42%, Uwera Pélagie ku majwi 62.91% na Cyitatire Sosthѐne we agira amajwi 61,74%.

Mu Burasirazuba harimo hatowe Bideri John Bonds wagize amajwi 80,46%, Nsengiyumva Fulgence agira 68,53% na Mukabaramba Alvѐra wagize 76,40%.

Mu Burengerazuba hatowe Dr.Havugimana Emmanuel n’amajwi, 69,45%, Mureshyankwano Marie Rose ku majwi 74,67%, na Prof Niyomugabo Cyprien wagize amajwi 67,88%.

Nyirasafari Espérance niwe watowe ngo ahagararire Umujyi wa Kigali kandi muri Sena icyuye igihe yari Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda akaba yagize amajwi 55,26%.

Urebye neza usanga muri abo bose baraye batowe abantu babiri ari bo bashya abandi bakaba bari basanzwe muri uru rwego.

Abo bashya ni Amandin Rugira na Cyitatire Sosthѐne, uyu akaba yari asanzwe ari umunyamabanga mukuru muri Sena y’u Rwanda.

Press Release: Provisional Results for the Senatorial Elections in Provinces and City of Kigali – 2024#RwandaDecides https://t.co/vdcQmuxcAs pic.twitter.com/iKHE62DvBU

— National Electoral Commission | Rwanda (@RwandaElections) September 16, 2024

Kuri  wa Kabiri haratorwa abasenateri babiri bava mu mashuri makuru na Kaminuza bya Leta n’ibyigenga.

Hari abandi basenateri umunani bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, bane bashyirwaho n’ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki.

Mu minsi irindwi  nibwo hazatangazwa ibyavuye muri aya matora mu buryo bwa burundu.

TAGGED:AbasenateriAmatorafeaturedKomisiyoSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nigeria: Abantu Barenga 40 Barohamye
Next Article Amashyamba Ya Afurika Akomeje Kumagara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?